Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jun 1st, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Ngororero:Abayobozi b’imirenge bagiye kunoza igenamigambi

    Uyu ni umwe mu myanzuro yavuye mu nama yahuje umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ikagize kuwa 29/05/2012.

    Rwanda | Ngororero AbayoboziImirongo migari (outlines) y’inama yari gutegura igenamigambi muri rusange n’imihigo by’umwihariko nk’uko bishingiye ku mirongo migari y’iterambere ry’igihugu cyacu ariyo MDGs,VISION 2020, EDPRS na PDD. Iyi nama ikaba yari igamije kurebera hamwe n’abayobozi b’imirenge ibyakorwa kugirango hihutishe iterambere ry’akarere nkuko byifuzwa n’umukuru w’igihugu.

    Umuyobozi w’igenamigambi ry’akarere Birorimana Jean Paul yadutangarije ko ari ngombwa kwibutsa abanyamabanga nshingwabikorwa  b’imirenge igenamigambi icyo ari cyo n’uburyo rikorwa. Muriiyi nama akaba yaraboneyeho kubasobanurira uburyo abagenerwabikorwa aribo baturage bagomba kwinjizwa mw’igenamigambi kandi bakamenyeshwa ibyagezweho (citizen participation and accountability).

    Ngo hari aho byagaragaye ko hari abayobozi bibagirwa ko imihigo ihera hasi ku muntu ku giti cye, ikazamuka mu ngo, igakomeza mu midugudu, akagari, imirenge kugeza ku karere. Nyuma abanyamabanga nshingwabikorwa bahawe umwanya maze bashyira ahagaragara imirongo migari akarere kabafashamo mu mihigo.

    Abenshi bahurije ku bikorwa remezo nk’amazi, amashanyarazi, imihanda n’amateme, ibigonderabuzima, amasoko ya kijyambere n’ibindi.

    Bamwe mu banyamabanga nshingwabikorwa badutangarije ko muri rusange gahunda zo kuzamura imibereho myiza y’abaturage nazo zihari ariko kugira ngo nabo bazabashe gukoresha imbaraga zabo bikaba bisaba ibikorwa remezo bikiri bike muri kano karere.

    Abari mu nama barebeye hamwe  imbonerahamwe y’ibikorwa by’ingenzi bizitabwaho muri EDPRS ya 2 mu nkingi z’ubukungu, imibereho myiza n’imiyoborere myiza, maze basezerana kuzafasha abaturage kubigeraho.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED