Subscribe by rss
    Monday 01 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jun 1st, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Ruhuha: Abaturage biyemeje kwicungira umutekano nyuma y’ibikorwa bibi

    Abaturage bo mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera baratangaza ko bagiye kwicungira umutekano bakaza amarondo, ibyo bikaba bibabye nyuma yaho mu minsi ishize hagaragaye ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, aho abantu bataramenyekana bategaga abantu mu rukerera bakabatema, ndetse bikaza kuviramo umwe kwitaba Imana.

    Rwanda |  Abaturage mu nama

    Abaturage mu nama

     

     

    Ibyo bikorwa by’urugomo byakunze kubera mu masaha yo mu museso, aho habanje gutegerwa abari ku magare bajya mu mirimo yabo, abo bagizi ba nabi barabatema ndetse umwe aza kwitaba Imana. Ibyumweru 3 nyuma yaho abo bagizi ba nabi bateze umu Pasiteri wari uzindutse ajya mu materaniro gusenga baramutema ndetse n’ubu aracyivuza nk’uko byemezwa na Mutuyimana Joseph umuturage wo mugasenteri ka Ruhuha.

    Mu nama n’abaturage umuyobozi w’akarere ka Bugesera Rwagaju Louis yasabye abo bayobozi kwifashisha inkeragutabara mu mikorere y’amarondo kandi buri wese winjiye cyangwa usohotse mu mudugudu akamenyekana.

     

     

    Rwanda | Umuyobozi w’ingabo mu karere ka Bugesera Lt. Col Eugène Mugabo

    Umuyobozi w’ingabo mu karere ka Bugesera Lt. Col Eugène Mugabo

    Ati: “Inkeragutabara zagaragaye nk’izishoboye gukumira ibikorwa by’urugomo n’ubujura buciye icyuho bikunze kuba zigomba gukorana n’abaturage”.

    Umuyobozi w’ingabo muri ako karere Lt. Col Eugène Mugabo yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze gukangurira abo bayobora kumva ko umutekano ari bo ureba mbere na mbere ingabo na polisi zikaza zibunganira.

    Ati “mugomba kubaka umuco wo gutabarana, gupanga neza amarondo kandi abayarimo bakageza hakeye kandi bakagenda bakangura abazamu, akenshi baba basinziriye, gutanga amakuru hakiri kare no gukurikirana ku buryo bwihuse abo bakekaho ibikorwa by’urugomo”.

    Muri iyo nama abayobozi b’inzego z’ibanze bagaragajwe nk’abadohotse ku nshingano zabo zo gupanga amarondo ngo arare acunga umutekano kugeza mu gitondo, bityo abe yakumira ibikorwa nk’ibyo.

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED