Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jun 6th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Nyamagabe: MIDMAR yishyuye abaturage baguriwe kugira ngo bimukire impunzi.

    Rwanda |  Minisitiri Gatsinzi aha umwe mu baturage baguriwe sheki y’amafaranga.

    Minisitiri Gatsinzi aha umwe mu baturage baguriwe sheki y’amafaranga.

    Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi yahaye amafaranga abaturage bo mu kagari ka Kigeme umurenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe baguriwe imitungo n’ibikorwa byabo kugira ngo bimukire impunzi z’Abanyekongo zigiye kwakirwa mu nkambi ya Kigeme.

    Iki gikorwa cyo kwishyura aba baturage cyakozwe na Gatsinzi Marcel, minisitiri w’imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDMAR) kuri uyu wa 4/6/2012 ubwo yasuraga ahagomba kubakwa inkambi ya Kigeme akanatangiza imirimo yo kubaka iyi nkambi.

    Abaturage baguriwe kugirango haboneke ubutaka buhagije bwo kubakwaho inkambi ni abari baturiye cyane iyi nkambi ndetse n’abari barahinze imyaka yabo ku butaka bwa leta busanzwe buri mu nkambi. Hari hashize iminsi abakozi ba MIDMAR babarura imitungo n’ibikorwa by’aba baturage kugirango bazahabwe amafaranga yabyo.

    Minisitiri Gatsinzi Marcel yatangaje ko aba baturage bagombaga guhabwa ingurane y’imitungo yabo kugirango ubutaka buhabwe ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR).

    Minisitiri Gatsinzi yagize ati “ hari ibikorwa by’abaturage byari biri ahangaha n’ubwo ubu butaka ari ubw’akarere ka Nyamagabe ariko hari abaturage bari barahinzemo,hari n’abaturage bafitemo inzu. Ubu rero mu kanya tugiye kubishyura kugirango leta itangire kubaka [inkambi] ibintu byabo [abaturage] byarishywe.”

    Iki gikorwa cyo guha inyishyu abaturage bari bafite imitungo yabo mu nkambi ya Kigeme ngo cyatwaye amafaranga agera kuri miliyoni 20 z’amanyarwanda.

    Mu minsi ishize leta y’ubuyapani yateye inkunga MIDMAR ingana n’amafaranga  miliyoni 172 z’amanyarwanda kugirango inkambi ya Kigeme yubakwe.

    Umwe mu baturage twaganiriye witwa Nyampinga Claudine, yadutangarije ko yanyuzwe n’amafaranga yahawe ku mutungo we, ati “ Igiciro bampayeho nacyishimiye.”

    Biteganyijwe ko iyi nkambi ya Kigeme izakira impunzi zisaga ibihumbi  icumi aho icyiciro cya mbere giteganyijwe kuhagera tariki ya 10/6/2012.


     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED