Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jun 15th, 2012
    Ibikorwa / Latestnews | By Aninta

    Nyanza: Imihigo bihaye yo kwigisha abantu bakuze gusoma, kwandika no kubara yarenze igipimo

    Imihigo akarere ka Nyanza gahagarariwe n’umuyobozi wako, Murenzi Abdallah kasinyanye n’umukuru w’igihugu Paul Kagame mu mwaka w’ingengo y’imali 2011-2012 kakiyemeza kwigisha abantu bakuru gusoma, kwandika no kubara wagezweho 100% ndetse urenga n’igipimo nk’uko byavuzwe mu muhango wo kumurika imihigo yagezweho n’aka karere tariki 13/06/2012.

    Imihigo yatumwe abaturage bamenya gusoma, kwandika no kubara bakuze mu karere ka Nyanza

    Imihigo yatumwe abaturage bamenya gusoma, kwandika no kubara bakuze mu karere ka Nyanza

    Abantu bakuru biga gusoma kwandika no kubara bagombaga kuva ku 3806 bakagera kuri 5200 nk’uko byatangajwe na Kambayire Appoline umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyanza.

     

    Yakomeje atangaza ko nyuma yo gusinya iyo mihigo abantu bakuru 5555 barimo abagore 2662 n’abagabo 2893 bigiye kwandika, kubara no gusoma mu masomero atandukanye y’akarere ka Nyanza ndetse bahabwa n’impamyabumenyi zibyemeza.

     

    Ashingiye kuri iyo mibare avuga bari biyemeje mu mihigo ndetse naho ubu imibare bafite igeze, yavuze ko byarenze  igipimo bari biyemeje  imbere ya Nyakubahwa perezida wa Repubulika Paul Kagame.

     

    Kambayire yagize ati: “ Ubu turi ku gipimo cya 107% mu gihe twari twiyemeje kugeza ku 100% gusa.” Ati: “ Byumvikane neza ko byarenze igigimo cyari giteganyijwe mu mihigo y’ingengo y’imali 2011-2012. ”

     

    Akivuga ku burezi  yakomeje avuga ko undi muhigobaribihaye ari uwo kubaka ibyumba by’amashuli n’ubwiherero bwabyo nawo ukaba waragezweho ku gipimo cy’100%.

     

    Ibyumba by’amashuli 60 n’ubwiherero bwabyo 60 byose byubatswe muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12(12YBE) nk’uko Kambayire yakomeje abisobanura.

     

    Yifashimishije urugero  yatangaje ko ibyumba byose by’amashuli ya Groupe Scolaire Kavumu Musulman mu murenge wa Busasamana muri aka karere yarangiye kubakwa ubu abanyeshuli bakaba nta kibazo bagifite cyo kwigira ahantu heza kandi hisanzuye.

     

    Imihigo ni bumwe mu buryo bwashyizweho na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kugira ngo abayobozi bakorerre ku ntego bigamije kwihutisha abanyarwanda mu iterambere rirambye.

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED