Subscribe by rss
    Friday 15 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jun 15th, 2012
    Ibikorwa / Latestnews | By Aninta

    Nyamagabe: Abaturage barakangurirwa kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere.

     

    Abitabiriye inama bateze amatwi umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe.

    Abitabiriye inama bateze amatwi umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe.

    Ihuriro ry’imiryango itari iya leta rikorera mu karere ka Nyamagabe rirakangurira abaturage bo muri aka karere kugira uruhare mubikorwa by’iterambere kuko aribwo bazagera ku iterambere rirambye.

    Mu nama yabaye kuri uyu wa 13/6/2012 yahuje abahagarariye imiryango itari iya leta n’abahagarariye inzego za leta mu karere ka Nyamagabe, abaturage bakanguriwe kugira uruhare mu itegurwa rya gahunda zose zigamije iterambere.

    Ntakirutimana Emmanuel, umwe mu baturage bari bitabiriye iyi nama, avuga ko muri rusange abaturage bagira uruhare mu bikorwa bitandukanye bigamije iterambere gusa ngo asanga hari bikorwa bimwe na bimwe abaturage batabasha kugiramo uruhare cyana cyane mu itegurwa ryabyo.

    Ntakirutimana yagize ati “ muri rusange turarugira [uruhare] uretse ko hari nk’ibikorwa bimwe na bimwe tutabasha kugira uruhare mu kubiteguura, ariko mu kubishyira mu bikorwa tukagiramo uruhare.”

    Bimwe mu bikorwa ngo abaturage batagiramo uruhare nk’uko Ntakirutimana abitangaza ni nko guhitamo ahantu hazashyirwa imidugudu, yagize ati “akenshi twumva batubwira ngo ahateguriwe imidugudu ni aha, natwe nyine ubwo akaba ariho tujya.”

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe, Mugisha Philbert yatangaje ko umuturage agomba kugira uruhare mu bikorwa ibyo aro byose bimukorerwa aho agomba kubanza akavuga uko abyumva, ati “umuturage nk’uko bisanzwe agomba kugira uruhare mu bikorwa bimukorerwa kuva bitangiye gukorwa. Urugero nka gahunda y’imihigo ubundi iva hasi mu baturage,mu ngo,ikagera ku rwego rw’akarere.”

    Abaturage barakangurirwa mu gihe mu karere ka Nyamagabe hagiye gutegurwa gahunda y’imyaka itanu y’amajyambere mu karere ka Nyamagabe hamwe na gahunda y’imbaturabukungu (EDPRS) ya kabiri.

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED