Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jun 16th, 2012
    Ibikorwa | By claudine

    Abari mu kanama gashinzwe gutanga amasoko mu turere bagiye kurushaho gukorera mu mucyo

    Rwanda | Abayobozi ba Transparency Rwanda

    Abayobozi ba Transparency Rwanda

    Itangwa ry’amasoko yaba aya Leta cyangwa abikorera , rikunze kugaragaramo kudakorera mu mucyo ndetse na ruswa, niyo mpamvu umuryango Transparency International Rwanda wageneye amahugurwa  abari muri za komite zitanga amasoko mu turere ,mu bigo  by’abikorera no muri sociyete civil.  Ayo mahugurwa akaba yaribanze ku cyo bita “igihango cy’ubunyangamugayo mu itangwa ry’amasoko”.

    Ni muri urwo rwego Kuva taliki ya 12 kugeza kuya 14 z’uku kwezi,2012  mu murenge wa  Gashora mu karere ka Bugesera haberaga amahugurwa, ayo mahugurwa yakurikiwe n’ abashinzwe gutanga amasoko , ariko yanatumiwemo abahagarariye ba rwiyemezamirimo. Nubwo Atari bo bayatanga , hari ubwo usanga aribo ba nyirabayazana.

    Kuba Transparency International Rwanda yaratanze aya mahugurwa si uko ibintu bigeze iwandabaga , ahubwo ni ukugira ngo harusheho kubaho gukorera mu mucyo , kuko u Rwanda n’ ubusanzwe ruzwiho kuba rwarafashe ingamba mu kurwanya ruswa, nk’uko byemezwa na Mupiganyi Appolinaire , umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda.

    Ati “Ntabwo twavuga ngo abashinzwe gutanga amasoko muri iki gihe ntibakora neza akazi kabo, ariko nkuko namwe mubizi muzi neza ko raporo za Auditeur general zisohoka buri mwaka , buri gihe zerekana intege nke ziri mu itangwa ry’ amasoko y’ igihugu cyacu. Tukaba tuzi neza ko budget irenga 50% ikoreshwa mu itangwa ry’amasoko. Ni ngombwa rero ko hashyirwamo imbaraga nyinshi, ikigamijwe rero si ukuvuga ngo hari byacitse, ariko na none ni imbaraga zigenda zihuzwa n’izindi zigenda zihari by’umwihariko bikorwa n’ inzego z’ igihugu, sociyete civil rero tukaba twatekereje ko aka ari agashya twazana kugirango igihugu cyacu gikomeze kibe ku isanga mu kurwanya ruswa no mu kuyikumira , by’umwihariko amafaranga Leta iba yagennye akoreshwe neza mu nyungu z’ abaturage muri rusange”.

    Siverin Byusa  uhagarariye abacuruzi  mu Karere ka Musanze, ati “Twebwe ntabwo dutanga amasoko ariko ariko dukenera amasoko , kuko turimo ba Rwiyemezamirimo , dukeneye amasoko ariko rero ubu hano turi indorerezi y’abandi , y’abo tuyobora , kuko natwe tubonye hari akabazo kabonetse muri ibyo ngibyo , natwe dukurikiranira hafi, tubonye hari akabazo kagaragaramo , ntabwo wabura kukareba ngo ukamenye.  Nkanjye ubungubu narabihuguriwe , ubu mvuye ahangaha maze kubona ubumenyi, bukomeye cyane ku nanjye aho ngiye hose , nyobora imirenge 15 igize akarere ka Musanze, ni ukuvuga ko iyo mirenge yose ngomba kugenda mbasobanurira icyo kintu.bakamenya ko icyo kintu cya Ruswa Atari kiza noneho n’ibyo bintu by’amasoko, niba rwiyemezamirimo yapiganiye isoko, dukurikirane turebe ko niba urihawe akwiriye kuribona koko”.

    Aya mahugurwa yari ay’icyiciro cya mbere , kizakurikirwa  n’icya kabiri cy’abafatanyabikorwa, akaba yaratewe inkunga n’ umuryango GIZ.

    Abari muri ayo mahugurwa bajyanye intego yo kurwanya ruswa mu itangwa ry’amasoko yaba aya Leta cyangwa ayo mu bigo byigenga , bityo isoko rigahabwa ubikwiye kandi wabitsindiye; bikanagabanya guhendesha Leta n’ingaruka zijyanye nabyo.


     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED