Subscribe by rss
    Friday 20 April, 2018
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Feb 5th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Minisitiri w’intebe yanenze imitangire mibi ya serivisi z’ubuzima

    Share This
    • Add to Delicious
    • Share on FriendFeed
    • Digg
    • submit to reddit
    Tags
    abagangagiheHealthimitangireIntebekandiMinisitirindetsenzizaPM pins health workers over bad serviceserivisiservice deliveryubuzima

    Minisitiri w’intebe, Habumuremyi Pierre Damien, yanenze imitangire mibi ya serivisi mu mavuriro ndetse no bigo nderabuzima, asaba ko bikwiye gukosorwa mu maguru mashya.

    Ibi yabivuze tariki 03/02/2012 mu nama y’abayobozi b’ibigo nderabuzima n’ab’ibibitaro bikuru byo mu gihugu mu rwego rwo kuganira ku buryo batanga serivisi nziza ku babagana.

    Minisitiri w’Intebe yagize ati “twatangiye inzira yo kunoza imitangire ya serivisi.  Bityo, tugomba kureba ko buri wese yahawe serivisi agenewe kandi nziza. Byagaragaye ko umwe mu bakerarugendo bane baza mu Rwanda yishimira serivisi z’ubuvuzi. Abo bandi kuki (batazishimira)?”

    Minisitiri w’Intebe yavuze ko usanga mu gihe abarwayi bategereje, abaganga bamwe baba bibereye kuri telephone, asaba ko uyu muco wahinduka. Yitanzeho urugero muri aya magambo: “vuba aha nagiye ku bitaro maze muganga atangira kwivugira kuri telephone nk’aho yamfashije. Uyu ni umuco mubi ugomba guhita ucika ”.

    Minisitiri w’ubuzima, Dr Binagwaho Agnes, yavuze ko hari ikibazo cy’imivugire itari myiza hagati y’abaganga ndetse n’abarwayi, ariko avuga ko gahunda yo guhindura isura y’ibigo bitanga serivisi z’ubuzima yatangiye.

    Minisitiri w’ubuzima, Dr Binagwaho  yatanze urugero rw’aho umugore umwe yapfushije umwana abaganga bakamubwirako adakwiye guhangayika kuko azabona undi. Yagize ati “Ibaze nawe iyo uza kuba uwo mugore, wari kumva umeze gute? Bityo, tugomba guhindura imivugire yacu niba dushaka gutanga serivisi nziza”.

    Mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama, harimo ko abaganga n’abandi bose batanga serivisi zirebana n’ubuzima batagomba gukoresha telefone mu gihe bari ku kazi. Hazashyirwaho kandi  udusanduku tw’ibitekerezo kandi tukajya dufungurwa n’umuyobozi w’akarere ndetse no gushyira numero za telefoni z’umuyobozi w’ibitaro ndetse n’uw’akarere ku marembo y’ahatangirwa serivisi z’ubuzima hose, ngo uhawe serivisi mbi ajye azitabaza arenganurwe.

    Minisitiri w’intebe yasabye kandi minisiteri y’ubuzima kugenzura ko iyi myanzuro yashyizwe mu bikorwa mu gihe kitarenze amezi atatu.


     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • France Ignores 39 Arrest Warrants for Genocide Suspects
    • Parents Petition Norwegian Government over Uganda Arrests
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Arinaitwe: Uganda Intelligence Source from Butabika Mental Facility

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED