Subscribe by rss
    Monday 18 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Nov 23rd, 2012
    Irembo | By gahiji

    Rwanda : Inama nyafurika y’abashinga amatekeko mu Rwanda

    Inama nyafurika y’abashinga amatekeko mu Rwanda

    U Rwanda rugiye kwakira inama mpuzamahanga y’ihuriro ry’inteko zishinga amategeko muri Afrika. Mu rwego rwo gusobanura iby’iyo nama, kuri uyu wa kane hateguwe ikiganiro n’abanyamakuru ariko icyagaragaye ni uko ibibazo byose byagiye byibanga ku ntambara ibera mu burasirazuba bwa RDC.

    Inteko ishinga amategeko iratangaza ko izabona umwanya wo kugaragariza abagize inteko z’ibihugu bya Afurika uko ukuri ku kibazo cya Congo kumeze.

    Senateri Makuza, yavuze ko icyo bazakora nk’abagize inteko y’u Rwanda ari ukwereka bagenzi babo bazava mu bindi bihugu ko ibivugwa ku Rwanda ari ibinyoma, babereke uko ikibazo cya Congo ari icyabo banakwiye kukikemurira.

    Iyo nama rusange ya 35 y’iryo huriro izatangira kuwa 26 kugeza kuwa 30 ugushyingo 2012, ikazitabirwa n’ibihugu 41. Icyo gihe kandi hazaba inama ya 61 ya Komite nyobozi y’iryo huriro.

    Vice Prezida wa Sena, Bernard Makuza, wayoboye ikiganiro n’abanyamakuru, yatangaje ko mu byo u Rwanda ruzungukira muri iyi nama harimo no kwereka intumwa z’inteko z’ibihugu bya Afrika ukuri ku bibazo bya RDC u Rwanda rushinjwa kugiramo uruhare.

    Ubusanzwe iyi nama karundura igomba kwiga ku ngingo ebyiri: gushimangira imiyoborere myiza ishingiye kuri demokrasi mu bihugu bya Afurika nk’inkingi y’ubusugire bwa politiki, ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage. Indi ngingo ni uruhare rw’inteko zishinga amategeko muri gahunda zo kurwanya ubukene.

    Senateri Bernard Makuza, yabwiye abanyamakuru ko utategura inama iri ku rwego nk’uru ngo ubure gukomoza ku kibazo nka kiriya, werekana ukuri kwacyo cyane cyane ku batagisobanukiwe neza. U Rwanda rero ngo rwiteguye kwereka abo bashyitsi ukuri ku bibazo bya Congo, nubwo bikunze kuvugwa ariko ntibyumvikane uko bikwiye.

    Iyi nama irategurwa mu gihe icyegeranyo cy’impuguke za ONU cyasohotse noneho mu buryo bwuzuye, kikaba cyongeye gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23. Uyu urasa n’aho ari umwanya mwiza u Rwanda rubonye, wo gusobanura iki kibazo imbere y’abagize inteko zo mu bihugu bya Afrika.

    Ibi bihugu binyuze mu muryango wa Afrika yunze ubumwe, biherutse gushyigikira u Rwanda ubwo rwatorerwaga kujya mu kanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano ku isi.

     

     

    Related News
    Tweet

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Kuhazana umurambo wa Habyarimana byakajije Jenoside

    Kuhazana umurambo wa Habyarimana byakajije Jenoside

    Yafatanwe ibikoresho bigenewe impunzi ahita atoroka

    US calls for a political solution to Burundi crisis

    US calls for a political solution to Burundi crisis

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED