Subscribe by rss
    Sunday 28 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Mar 28th, 2015
    Block4--ibikorwa-National / Feature / Kinyarwanda | By claudine

    Kirehe: Abaturage ngo bungukiye byinshi mu imurikabikorwa.

    Abaturage ngo bungukiye byinshi mu imurikabikorwa.

    Mu imurikabikorwa ry’iminsi itatu ribera mu karere ka Kirehe bamwe mubaturage bavuga ko bungukiye mo byinshi batari bazi ngo bakaba bagiye gukurikiza inyigisho bahawe bagamije kwiteza imbere.

    Sikubwabo Janvier avuga ko mu imurikabokorwa  ahakuye ubumenyi butandukanye agiye kwifashisha mu kwiteza imbere.

    Ati “mbonye byinshi ntari nzi nabonaga mpinga igitoki ntikirenze ibiro icumi ariko mponye icy’ibiro 120 banyeretse uko umuntu ahinga urutoki,ikawa, inanasi, imyumbati akabona umusaruro mwiza,mbese ubu sinjye urota ngeze mu rugo nari naracitswe.

    Abaturage ngo bungukiye byinshi mu imurikabikorwa

    Hitimana Alexis nawe ngo yabonye ibikorwa binyuranye bijyanye nuko yabungabunga ubuzima bwe

    Yagize ati“ sinari nzi ko batanga inama zo kuringaniza urubyaro bagapima naSIDA birantangaje, reka njye kuzana umugore wanjye twigire hamwe izo nyigisho turebe uko twaringaniza urubyaro,ubukungu bumeze nabi da! nibiba na ngombwa twipimishe SIDA.

    Twagirimana Seremani avuga ko kuba ahinga urutoki kimwe kigapima ibiro bisaga ijana biterwa no kurwitaho.

    Ati “mfite urutoki kuri hegitari imwe ariko ku kwezi mbona toni eshanu, iki gitoki ubona ni urugero nashatse kwerekana kimwe kiri mu biro 120 ikindi ibiro 8 icyo cy’ibiro umunani ntikitaweho hari abahinga urutoki bakavangamo ibishyimbo, amasaka, inzuzi, amateke ese ubwo basarura iki koko?”

    Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu Tihabyona Jean de Dieu avuga ko imurikabikorwa ari iminsi abafatanyabikorwa mu rwego rw’ubukungu ndetse n’imibereho y‘abaturage bahurira hamwe mu rwego rwo kugaragariza abaturage serivisi zibagenewe.

    Ngo bifasha abaturage kuko bahabwa ibisobanuro byose ku bibazo bafite mu iterambere ngo niyo mpamvu iyo bakurikije neza inama bagirwa ubukungu bwabo n’ubukungu bw’akarere bwiyongera.

    Avuga ko muri iryo murikabikorwa higanjemo ibikorwa by’ubuhinzi n’ibworozi ariko hakabamo n’ibijyanye n’ubuzima.

    Ati “ mu buhinzi hari ibitoki; umuceri; inanasi n’ibindi, mu bworozi hari amafi inyama n’ibindi, mu nganda hari izikora imigati ariko no muri serivise z’ubuzima hari uburyo bwo gupima SIDA k’ubuntu n’ubundi bukangurambaga ku buzima.

    Iryo murikabikorwa ryatangiye tariki 25 rikazasozwa tariki 27 Werurwe 2015.

    Related News
    Tweet

    Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Rwandan national arrested in Malawi over fraud

    No silence on corruption-Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED