Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Feb 23rd, 2013
    Feature / National | By gahiji

    Nyamagabe: Itorero ry’igihugu rirashima imigendekere y’urugerero.

    Itorero ry’igihugu rirashima imigendekere y’urugerero.

    Kambanda Dieudonné, umukozi ushinzwe gukurikirana urugerero mu itorero ry’igihugu aratangaza ko uburyo intore zo ku rugerero zitabira ibikorwa by’urugerero ndetse n’aho ibikorwa bigeze hashimishije, gusa ngo hari utuntu tumwe na tumwe tutaranoga akaba asaba ko twakosorwa kugira ngo imihigo intore zahize izabashe kweswa.

    Ibi yabitangaje kuri uyu wa gatanu tariki ya 22/02/2013 ubwo we n’umukozi ushinzwe ibikorwa by’itorero mu karere ka Nyamagabe, Uwimana Eric, basuraga intore zo ku rugerero mu tugari dutandukanye two mu mirenge igize akarere ka Nyamagabe hagamijwe kureba aho ibikorwa by’urugerero bigeze no gutanga inama kugira ngo birusheho kugenda neza.

    Kambanda yatangaje ko aho babashije gusura ibikorwa by’urugerero biri kugenda neza nk’uko intore zabihize cyane ko imihigo yazo iri no mu mihigo rusange y’akarere, akongeraho ko utuntu basanze tutanoze bisabwa gukosora tudakanganye.

    “Dusanze ibikorwa by’urugerero birakorwa neza, ibikorwa bikubiye mu mihigo intore zahize birimo birashyirwa mu bikorwa hakurikijwe uko imihigo iteye. Naho hagiye hagaragara wenda ututanoze ariko ntabwo ari twinshi. Muri rusange twishimiye uburyo twasanze intore zihagaze ku rugerero”, Kambanda.

    Umukozi ushinzwe urugerero mu itorero ry’igihugu arasaba intore ziri ku rugerero ndetse n’abazikurikiranira hafi ko banoza imitangire ya raporo bakoresha amafishi yateguwe ku rwego rw’igihugu, ndetse n’imitegurire ya gahunda y’icyumweru y’ibikorwa by’intore.

    Intore zatojwe mu bindi byiciro nazo zirasabwa kudatererana intore ziri ku rugerero mu bikorwa byazo ahubwo ko zikwiriye kuziba hafi, ngo kuko mu igihe urugerero ruzaba rurangiye ibikorwa byagezweho zizasigara zibyitaho, ibitararangira zikabikomeza.

    Intore ziri ku rugerero nazo zemeza ko aho zigeze hashimishije n’ubwo atari cyane kuko zagiye zigira imbogamizi zo kutabona ibikoresho nk’imfashanyigisho mu gihe bakora ubukangurambaga butandukanye, ariko ngo byange bikunde imihigo zahize zizayesa.

    Uwiringiyimana Joseph, uhagarariye intore zo ku rugerero zo mu kagari ka Nyamugari yagize ati: “Aho tugeze harashimishije n’ubwo atari cyane kubera utubazo tumwe na tumwe twagiye tugira nk’imfashanyigisho cyangwa se nk’ibikoresho byabasha kudufasha, ariko ubwo batwijeje ko bigiye kuboneka turizera ko nibyo bisigaye tuzabasha kubigeraho kandi imihigo tukayesa”.

    Muri rusange ibikorwa izi ntore ziri gukora ku rugerero bigizwe ahanini no gukora ubukangurambaga mu baturage kuri gahunda zitandukanye, ndetse n’imirimo y’amaboko itandukanye.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED