Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Apr 6th, 2013
    National | By gahiji

    Inteko rusange y’akarere ka Gicumbi yize ku bibazo bitandukanye

    Umuyobozi w’akarere Mvuyekure na perezida wa Njyanama

    Umuyobozi w’akarere Mvuyekure na perezida wa Njyanama

    Inteko rusange y’akarere ka Gicumbi yateranye kuri uyu wa 5/4/2013 iteraniyemo abayobozi batandukanye bagera kuri  894 kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku rwego rw’akarere, iyi nteko yabereye mucyumba cy’inama cya hotel urumuri .

    Bizimana Jean Baptiste perezida w’inama njyanama y’akarere ka gicumbi yavuze ko ibyo akarere gakora biba biturutse mu baturage ndetse bakagira uruhare mu kubirangiza neza.

    Yagize ati “iterambere  ntirishobora kwihuta umuturage atabigizemo uruhare bityo umuturage agomba kugira uruhare muri byose bimukorerwa”.

    Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre yatanze ikiganiro cyerekeranye n’umwiherero w’abayobozi bakuru i Gabiro kuwa 27-30.03.2013, aho yavuze ko imwe mu mwanzuro yafatiwe aho ari uko abanyarwanda bose bagomba gutera intambwe igana imbere kubera ikibazo cy’ubukene kuko EDPRS I yasize bitarangiye bikaba bigomba gukora muya kabiri irimo imibereho myiza y’abaturage; amazi n’amashanyarazi kubyihutisha no kubishyira imbere.

    Abayobozi batandukanye bari bitabiriye iyo nama

    Abayobozi batandukanye bari bitabiriye iyo nama

    Ati “ harimo umwanzuro uvuga ko buri wese atagomba kumva ko ibyo wagombaga gukora cyakozwe n’undi akenshi bikaba biterwa n’uburangare, kwibagirwa iyo ndwara ikaba itagomba kuranga umuyobozi kandi iyo umuyobozi arangaye umuturage ntabwo amwibutsa”.

    Yavuze ko bigomba kwirindwa kuko nta muyobozi uvuga ko yibagiwe gukora ikintu cyangwa ngo byanshiyeho, kurangara ngo ibi sinabikoze bikaba bisaba kunoza imikoranire n’inzego ku nzego kuva mu mudugudu,akagari,umurenge n’akarere.

    “ Ubwitabire muri Mutuelle de Sante ku rwego rw’ igihugu  buri ku kigereranyo cya 79,2 %, Akarere ka Gicumbi ni aka 22 n’ikigereranyo cya75,2%.  Muri aka karere, ubwisungane buri ku kigereranyo cya 77%”.

    Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi yanavuze ko abantu bagituye nabi muri high lisk zone bagera kuri 922 batuye nabi bashobora gupfa, iyi nama ikaba yafashei umwanzuro ko bagomba kwimuka bitarenze tariki ya 30/12/2013.

    “ Abatuye mu nkengero z’umuhanda ndetse n’abubaka nta byangombwa abayobozi barebera bagategereza ko leta izamwishyura kugirango ihave, umuyobozi utaramubujije akaba agomba kubibazwa ndetse akamwishyura”.

    Ibyo kandi ngo bizajyana n’abatuye mu bishanga, aho ingo 46 nazo zigomba kwimurwa bitarenze tariki ya 30/06/2013.

    umuyobozi w’ Ingabo muri Rulindo, Burera na Gicumbi, Colonel SEKAMANA Jean Damascene yagaragaje ko umutekano wifashe neza muri rusange anasaba ko ku bufatanye n’ inzego z’ ibanze n’ izindi bakorerea hamwe mu kwamagana icyawuhungabanya.

    Ati “ndasaba abantu bose kwibombarika mu gihe cy’ Icyunamo hibukwa ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi,  ndasaba abayobozi bose gutekereza ku mutekano waho baba kugira ngo gahunda zose zizagende neza  kandi abaturage mugomba kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside”.

    Umuyobozi w’ Akarere ka Gicumbi akaba yabashishikarije kujya mu matsinda dore ko ari kimwe mu bintu byanagarutsweho cyane mu mwiherero w’ abayobozi bakuru b’ igihugu uherutse kubera i Gabiro.

     

     

     

     

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED