Subscribe by rss
    Friday 22 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, May 3rd, 2013
    National | By gahiji

    Burera: Bararwanya ikiyobyabwenge cya kanyanga bahereye mu rubyiruko

    Burera: Bararwanya ikiyobyabwenge cya kanyanga bahereye mu rubyirukoUrubyiruko rwo mu karere ka Burera rwibumbiye mu ma-Club yo kurwanya ibiyobyabwenge ruributswa ko rugomba kuba jisho rya bagenzi babo mu kurwanya ibiyobyabwenge cyane cyane kanyanga ikunze kugaragara muri ako karere.

    Tariki ya 30/04/2013 ubwo urwo rubyiruko rwagiranaga ibiganiro n’abayobozi batandukanye bo mu karere ka Burera, barusobanuriye ko urubyiruko arirwo rugize igice kinini cy’abaturage banywa  kandi bakinjiza muri ako karere ibiyobyabwenge byiganje mo kanyanga.

    Ngo urwo rubyiruko rufashe iya mbere mu kurwanya ibyo biyobyabwenge, byacika burundu. Ikindi ngo ni uko urubyiruko ari imbaraga z’igihugu. Ruramutse rwishoye mu biyobyabwenge izo mbaraga ntizaba zikibonetse. Byatuma iterambere ritagerwa ho.

    Nirere Laetitia, umukozi ushinzwe gahunda y’Ijisho ry’Umuturanyi mu karere ka Burera yasabye urwo rubyiruko kuba ijisho rya bagenzi barwo n’abandi baturanyi barwo, rumenya kandi rutanga amakuru y’abanywa ibiyobyabwenge nka kanyanga.

    Yakomeje asobanura ko gahunda y’Ijisho ry’Umuturanyi igamije kurandura burundu ibiyobyabwenge mu Rwanda buri wese abigize mo uruhare.

    Inzego z’umutekano mu karere ka Burera zahanuye urwo rubyiruko zirusaba kwihesha agaciro mu kurwanya ibiyobyabwenge. Barusobanuriye amoko y’ibiyobya bwenge n’uburyo bwo kubirwanya.

    Urwo rubyiruko kandi rwasobanuriwe amwe mu mategeko ahana abanywa, abatwara n’abacuruza ibiyobyabwenge ndetse n’ingaruka  zabyo ku iterambere ry’igihugu.

    Urubyiruko rwo mu karere ka Burera rwiyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge rukangurira bagenzi babo baba babinywa kubireka ndetse batanga n’amakuru y’aho biri.

    Akarere ka Burera kari mu turere two mu Rwanda  twinjira mo ibiyobyabwenge byinshi kubera  igice kinini cyako gikora ku mupaka. Ako karere gahana imbibi n’igihugu cy’Ubugande. Muri icyo gihugu niho haturuka kanyanga igaragara muri ako karere.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED