Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, May 9th, 2013
    National | By gahiji

    Rulindo: hateranye Inama idasanzwe ku birebene n’ibiza bimaze iminsi byibasiye aka karere.

    Rulindo: hateranye Inama idasanzwe ku birebene n’ibiza bimaze iminsi byibasiye aka karere.Kuri uyu wa mbere tariki ya 5/5/2013, mu karere ka Rulindo hateraniye inama idasanzwe yahuzaga abayobozi n’abafatanyabikorwa muri aka karere ku birebana n’icyakorwa mu gukumira Ibiza, no gufasha abahuye n’ingaruka zikomeye kuri ibi biza.

    Ku birebana no kureba uko abagezweho n’ibiza byatewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa kane tariki ya 2/5/2013, abayobozi mu karere bafashe ingamba zo kureba uko imiryango yarokotse iki cyiza yafashwa mu nzira za vuba.

    Abavuye mu byabo babashije kurokoka ibitengu byahitanye abantu bagera ku icumi, amatungo, n’ibintu, bakeneye ibyangombwa by’ibanze birimo kubona ibyo kurya, imyambaro, n’aho kuba bakinze umusaya mu gihe ubuyobozi bw’akarere bukibashakira aho gutuzwa bikwiye.

    Abana nabo bari mu bahuye n’ingaruka kuri ibi biza, aho bimuwe mu bigo bigagamo bakimurirwa mu bindi bigo bigaragara ko nta kibazo bahura nabyo.

    Urugero ni aho abana bigaga mu kigo cy’amashuri cyari giherereye ku musozi witwa  Nzaratsi, bagomba kwimurirwa mu kigo cya Karambo aho ni mu murenge wa Cyinzuzi,umwe mu mirenge yashegeshwe cyane n’ibitengu by’invura.

    Umuyobozi w’uyu murenge Madame Mujijima Julithe, akaba avuga ko hari ubufasha bw’ibanze aba bantu bahawe,bwarimo no kubageza kwa muganga ku babashije kurokoka iyi nvura.Avuga ariko ko hakiri byinshi bigikenewe.

    Yagize ati”Hari ibyagombaga guhita bikorwa kugira ngo turamire ubuzima bw’aba bantu bahuye n’ibiza,birimo kubashakira udukoresho two mu rugo,amasahani,amasafuriya,utwenda,ibyo kwiyorosa.Ariko mu by’ukuri haracyakenewe ubufatanye mu nzego zose kugira ngo aba bantu babashe kongera kubona umutekano”

    Umuyobozi w’akarere ka Rulindo,Kangwagye Justus,wari uyoboye iyi nama yasabye abayobozi b’imirenge uko ari 17,igize aka karere,gukora ututonde nyakuri ku byangijwe n’iyi nvura,n’ibikenewe byose kugira ngo aba bantu basubuzwe mu buzima busanzwe.Ibi nibirangira bakabona gusaba inkunga muri MIDIMAR,no mu bafatanyabikorwa b’akarere

    Yagize ati”Aba bantu ni abacu nitwe tugomba kubasubiza mu buzima busanzwe,mukore ibishoboka byose mutange imibare y’ibyangijwe n’ibikenewe,hanyuma dushake inkunga yo gufasha ababa bantu.”

    Iyi nvura ikaba yarahitanye ubuzima bw’abantu bagera ku icumi.Mu byangiritse harimo amatungo yapfuye, imyaka yangiritse, ibiraro 2  byarangiritse, amapoto ane nayo yakubiswe n’inkuba.

    Abantu bari bakomeretse bajyanywe mu bitaro bari 9,ubu hasigaye abatatu bakiri mu bitaro.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED