Subscribe by rss
    Sunday 28 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, May 24th, 2013
    National | By gahiji

    Ngororero: Abaturage barashishikarizwa kwibaruza kurutonde rw’abatora

    Mu gihe mu Rwanda twitegura amatora y’abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, azaba muri nzeri uyu mwaka, komisiyo y’igihugu y’amatora mu karere ka Ngororero irasaba abaturage bose kwibaruza kuri lisiti y’itora kuko abazacikanwa batazemererwa kujya kumugereka.

    Umuhuzabikorwa wa komisiyo y’amatora mu karere ka Ngororero madamu Beatrice Mukabera akaba asaba inzego zose zegereye abaturage ndetse n’abakorerabushake ba komisiyo y’amatora kwihutisha igikorwa cyo kwandika abatanditse kugira ngo hatazagira ucikanwa.

    Zimwe mumbogamizi Mukabera agaragaza zikigaragara mukarere ka Ngororero ni umubare munini w’abanyeshuli batarafata indangamuntu kandi bagejeje igihe cyo gutora, hamwe n’abaturage batarahabwa ibyangombwa bisabwa mugutora (ikarita ndangamuntu) nk’abahungutse, abafunguwe bakatiwe n’inkiko n’abandi.

    Beatrice Mukabera, umuhuzabikorwa wa KIA Ngororero

    Beatrice Mukabera, umuhuzabikorwa wa KIA Ngororero

    Mu rwego rwo gukuraho izo nzitizi, abayobozi bafite abaturage bataruzuza ibyo byangombwa bakaba basabwa gukorana n’abakorerabushake ba KIA (Komisiyo y’Igihugu y’Amatora) maze bakabrura abo bantu, mugihe akarere nako kiyemeje ubuvugizi mukigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu kugira ngo gahunda yo gufotora no gutanga indangamuntu yihutishwe.

    Indi mbogamizi nayo Mukabera avuga ko bagiye gukemura byihuse ni ukuzuza umubare w’inteko y’abatora munzego zihariye nk’urwego rw’abagore, urubyiruko n’abafite ubumuga, kuko usanga hari bamwe mubateganywa n’itegeko ko batora ariko bakaba batakiboneka munzego batorewe.

    Kubirebana n’abadepite b’abagore, Mukabera yishimira ko inteko itora yongerewe kuva mumudugudu kugera kurwego rw’igihugu. Intara y’Iburengerazuba izahagararirwa n’abadepite 6 batorwa n’abaturage bose n’badepite 4 b’abagore, ndetse ikaba izanatanga abakandida kumyanya y’urubyiruko n’abafite ubumuga.

    Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Ngororero Mazimpaka Emmanuel akaba asaba abanyengororero kugira ubushake bwo kwiyamamaza no gukangurira abo baziho ubushobozi kutitinya kugira ngo akarere kazabone abadepite bakavukamo.

    Amatora azatangira kuwa 16 Nzeri ahazatorwa abadepite 53 mugihugu hose, kuwa 17 nzeri hatorwe abadepite b’abagore, kuwa 18 hatorwe abahagarariye inzego z’urubyiruko n’abafite ubumuga. Abantu bemerewe kuzatorera kumugereka ni abanyamakuru n’abari mugikorwa cyo gutoresha gusa, abandi bakababa basabwa kwibaruza aho batuye.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED