Subscribe by rss
    Friday 22 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, May 29th, 2013
    National | By gahiji

    Intore ziri ku rugerero zakoze akazi katoroshye – Mayor wa Kayonza

    Intore ziri ku rugerero zakozeUmuyobozi w’akarere ka Kayonza Mugabo John arashima intore ziri ku rugerero muri ako karere kuko zakoze akazi katoroshye. Mu bikorwa izo ntore zishimirwa ngo harimo kuba zarafashishije ubuyobozi guha abaturage ibyangombwa by’ubutaka, gufasha abayobozi gukangurira abaturage kugira isuku no kunoza imirire, ndetse no kubashishikariza gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bwa Mituelle de santé.

    Intore ziri ku rugerero ni abantu bakora ubukangurambaga butandukanye mu baturage cyane cyane mu bijyanye no kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza, kandi ibyo bavuga bikumvikana kurusha uko abayobozi babibwira abaturage, kuko baba bizewe n’ababyeyi ba bo nk’uko umuyobozi w’akarere ka Kayonza abivuga.

    Agira ati “Twari dufite ikibazo turi ku kigereranyo cya 62% (mu bwisungane mu kwivuza), ariko kuva aho batangiriye urugerero twarazamutse dushoje umwaka tugeze kuri 81,3%”

    Uruhare rw’abo banyeshuri rurakomeye cyane nk’uko umuyobozi w’akarere ka Kayonza yakomeje abivuga. Ati “Umwana yaragendaga akabwira iwabo ati njyewe ndabazi ntabwo mwavuga ko mwabura ubushobozi bwo kwishyura amafaranga yo kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza. Kubera y’uko abazi yababwiza ukuri kandi babona ko ari umwana wa bo ubibabwira bakabyumva vuba”

    Uretse ubukangurambaga abo banyeshuri bakoze kugira ngo abaturage bashishikarire kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza, zanagize uruhare rukomeye mu gutanga ibyangombwa by’ubutaka. Ubusanzwe ibyo byangombwa bitangirwa mu tugari, kandi mu kagari haba abakozi babiri gusa ku buryo bitajyaga biborohere gutanga ibyo byangombwa mu baturage bitewe n’izindi nshingano baba babfite.

    Abo banyeshuri ngo bafashe ibyo byangombwa bajya kubitanga mu midugudu, bikaba bimaze gutangwa ku kigereranyo 93,8% kandi mbere y’uko urugerero rutangira ako karere kari ku kigereranyo cya 52%.

    Umuyobozi w’akarere ka Kayonza anavuga ko intore ziri ku rugerero zanashishikarije urubyiruko kwipimisha Sida no kwirinda ibiyobyabwenge, banerekera abaturage uburyo bwo gukora uturima tw’igikoni no gukora ubusitani.

    Kugeza ubu ngo hari aho usanga abaturage basigaye bumvira intore ziri ku rugerero kurusha uko bumvira abayobozi bo mu nzego z’ibanze nk’uko umuyobozi w’akarere ka Kayonza abivuga. Ati “Hari aho twagiye tubasura ukumva abaturage baravuga bati ariko bano bayobozi bashya baje ni bo bavuga bikumvikana, ntabwo badukanga baradusobanurira bikumvikana rwose, ariko ba gitifu baradukangaga”

     

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED