Subscribe by rss
    Monday 25 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jul 31st, 2013
    National | By gahiji

    Akarere ka Gatsibo karengeje igipimo kari kihaye mu mihigo y’uyu mwaka – Ruboneza

    Akarere ka Gatsibo karengeje igipimo kari kihaye mu mihigo y’uyu mwaka – Ruboneza

    Ruboneza Ambroise Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo

    Mu gihe Akarere ka Gatsibo kari kiyemeje kwesa imihigo kagirana na Perezida wa Repubulika ku gipimo kiri ku 100%, ubuyobozi bw’aka Karere butangaza ko icyo gipimo bwakirengeje ubu kikaba kigeze ku 100,6%.

    Ibi ni ibyatanga n’Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Ruboneza Ambroise kuri uyu wa 29 Nyakanga uyu mwaka, Ubwo bari mu gikorwa cyo kumurikira intumwa zaturutse muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ndetse n’Intara y’uburasirazuba imihigo Akarere kari kahize.

    Umuyobozi w’Akarere yadutangarije ko kugira ngo ibi bigerweho habayeho ubufatanye n’abaturage, ati:”Twashyize cyane imbaraga mu kwegera abaturage tukabereka ko imihigo ari igikorwa kibafitiye akamaro, abaturage bacu nabo barabyumvishe ubu bamaze kubigira ibyabo”.

    Ruboneza akomeza avuga ko abaturage babigizemo uruhare cyane aho mu Mirenge ya Gasange, Kageyo na Kabarore abaturage babashije kwikorera umuyoboro w’amazi ungana kilometero 6, ubu ngo bakaba barabnashije kwigereza amavomero mu tugali.

    Akarere ka Gatsibo karengeje igipimo kari kihaye mu mihigo y’uyu mwaka – Ruboneza

    Abakozi b’Akarere bamurika imihigo

    Ikibazo cyakunze kugaragara cyane mu Karere ka Gatsibo ni mu rwego rw’ubuzima muri gahunda y’ubwisungane mu kwivuza, aka karere kakaba kari kaje ku mwanya wa nyuma bitewe n’imyumvire y’abaturage nkuko bitangazwa na Uwizeyimana Jean Bosco, ushinzwe ubuzima mu Karere.

    Uwizeyimana ati:”Twari twabaye aba nyuma muri gahunda y’ubwisungane mu kwivuza ku gipimo cya 64,8% bitewe nuko twari twarahinduye imyakirire y’amafranga y’abaturage, mbere twayakiraga mu ntoki nyuma tuza kubwira abatura ko bazajya bishyurira kuri za banki, abaturage batinze kubyumva bidindiza imyishyurire”.

    Ubuyobozi bw’Imirenge yo muri aka Karere buvuga ko bwagiye buhura n’imbogamizi zitandukanye mu kwesa iyi mihigo, aho hagiye habaho gutinda kw’inyunganizi y’Akarere mu ngengo y’imari, ndetse n’imyumvire y’abaturage yari ikiri hasi muri gahunda y’imyubakire y’ibyumba by’amashuli nkuko bitangazwa na bamwe mu banyamabanganshyingwabikorwa b’Imirenge.

    Akarere  ka Gatsibo kari kahize imihigo 57, harimo iy’ubukungu 37, imihigo 7 mu mibereho myiza y’abaturage na 13 mu miyoborere myiza n’ubutabera. Intumwa zaturutse muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu zikaba zaboneyeho n’umwanya wo gusura bimwe mu bikorwa by’iterambere biri muri aka Karere.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED