Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Aug 15th, 2013
    Block4--ibikorwa-National / National | By gahiji

    Cyanika: Ba Gitifu b’utugari barasabwa kurara mu tugari bakorera mo

    BureraDist

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, asaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari tugize uwo murenge kuba ndetse bakarara mu tugari bakoreramo kugira ngo abaturage bayobora nibabakenera bajye bababona igihe cyose.
    Nkanika Jean Marie Vianney avuga ibi agendeye ku mabwiriza yatanzwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu avuga ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze bagomba kuba, bakanarara aho bakorera.
    Bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bakunze gutungwa agatoki ko batarara aho bakorera, kubera ko wenda ari mu cyaro. Bene abo bayobozi ngo baba aho bakorera ku manya gusa ubundi ni mugoroba bakajya kurara ahandi, cyane cyane mu mujyi, kure y’aho bayobora.
    Ngo ibyo bituma abaturage iyo bakeneye umuyobozi mu masaha ya nijoro bamubura maze ikibazo bari bafite ntikibe kigikemutse.
    Nkanika asaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari tugize umurenge wa Cyanika, ayoboye, kurara aho bakorera.
    Agira ati “Ni byiza ko umuntu arara aho akorera, akaba aho akorera, bityo abaturage baba bamushaka haba nijoro, haba mu masaha akuze, bakamubonera aho hafi.”
    “Ni ukugira ngo abaturage begerwe ho n’abayobozi babo, babane n’abayobozi babo, bityo wa muturage nabona umuyobozi, amushakire hafi, amubonere hafi, kandi umuyobozi nawe amufashe mu kibazo bari kumwe.”
    Nkanika akomeza avuga ko ayo ari amabwiriza buri muyobozi yahawe ngo igisigaye ni ugukora igenzura kugira ngo barebe niba koko yubahirizwa.
    Umurenge wa Cyanika uri ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda ndetse n’ugabanya u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Uwo murenge unyurwa mo n’umuhanda wa kaburimbo uva mu mujyiwa wa Musanze ujya ku mupaka wa Cyanika.
    Kubera ko muri uwo muhanda byoroshye kubona taxi ibyo bituma bamwe mu bayobozi n’abandi bakozi bakorera muri uwo murenge batarara aho bakorera maze bagatega izo taxi bakajya kurara mu mujyi wa Musanze.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED