Subscribe by rss
    Thursday 25 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Aug 17th, 2013
    Block1-ibikorwa-Politics / National | By gahiji

    Umuyobozi W’Amajyepfo Arasaba Abayobozi Mu Ntara Kwitwararika Ku Myifatire Yabo

    Umuyobozi

    Mu gusoza umwiherero w’abayobozi n’abakozi b’akarere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo Alphonse Munyentwali yabasabye kwitwararika ku myitwarire yabo kuko ibyo bakora byose baba batanga urugero ku bo bayoboye.

    Munyentwali yavuze ko hari bamwe mu bayobozi b’abaturage bagaragarwaho imyitwarire mibi nk’aho bashobora kwishora mu businzi, ubusambanyi  cyangwa izindi ngeso mbi birengagije ko buri gihe cyose abaturage babahanze amaso. Ati: “umuyobozi ni urwandiko rusomwa na bose.”

    Uyu muyobozi akaba yasabye aba bakozi n’abayobozi ko bakwiye kugira umuco wo kwibwiriza mu kazi kabo ka buri munsi kuko byagaragaye ko hari bamwe bagikorera ku jisho. Avuga kandi ko bagakwiye no kuba bajijutse kugirango bajye bakora ibyo bazi kandi biyumvamo.

    Aha akaba yasabye abakunze gukemura ibibazo by’abaturage ko bafata ingamba zihamye mu gukemura ibibazo cyabo, ati: “nimujya gukemura ibibazo by’abaturage mujye mubanza musohoke mu kibazo, icyenewabo n’ibindi byose mubivemo”.

    Munyentwali akaba yagarutse ku mihigo aho yabasabye mu gushyira ingufu mu kwesa imihigo y’uyu mwaka wa 2013-2014 mu rwego rwo kwihesha agaciro.

    Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, yavuze ko abakozi b’akarere babanza gusubiza amaso inyuma,bakareba ibyo bahize ,bigamije guteza abaturage imbere, kugirango bibahe imbaraga  zo  gukurikirana  ibyo bemereye umuturage ko bazamugezaho.

    Mutakwasuku yavuze ko bagiye    kugabanya ubukene mu gihe cy’imyaka 5 kandi   ngo bazabikora bashingiye kuri gahunda ya 2 y’imbaturabukungu(IDPRS).

    Akomeza avuga ko bazibanda  ku byiciro 2 by’ubudehe , byugarijwe n’ubukene, ngo kuko  ubusanzwe  abakozi bagendaga biguruntege, mu gukurikirana  abaturage  bari muri ibi byiciro by’ubudehe.

    Mutakwasuku  yongeyeho ko bazabikora ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bakorera mu karere abereye  umuyobozi.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED