Subscribe by rss
    Friday 20 April, 2018
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Sep 11th, 2013
    National | By gahiji

    Rulindo: Abakorerabushake barasabwa kugira uruhare mu migendekere myiza y’amatora.

    Share This
    • Add to Delicious
    • Share on FriendFeed
    • Digg
    • submit to reddit
    Tags

    Abakorerabushake barasabwa kugira uruhareAbakorerabushake bomu ntara y’amajyaruguru bahawe amahugurwa ku ruhare rwabo mu kugira uhare mu migendekere myiza y’amatora.

    Aya mahugurwa yabereye mu karere ka Rulindo  tariki ya 6/9/2013,akaba yari ahuje abakorerabushake bose baturuka mu mirenge 89 igize intara y’amajyaruguru.

    Muri aya mahugurwa abakorerabushake bibukijwe inshingano zabo mu gihe cy’amatora, aho basabwe kurangwa n’ubunyangamugayo nk’uko nubundi ngo bari babisanganywe.

    Bimwe mu byo abahuguwe babwiwe, harimo ko bagomba kuba ari bo ba mbere bazatuma aya matora y’abazahagarira abaturage mu nteko ishinga amategeko agenda neza .

    Bibukijwe kandi inshingano zabo, zirimo kuyobora abatora, no kubaha buri wese, badahutaza abayoboke b’amashayaka.

    Umuhuzabikorwa w’ibikorwa by’amatora mu ntara y’amajyaruguru, Rutatika Jean De Dieu yasabye abakorerabushake mu ntara y’amajyaruguru gukora neza, no  kumva  ko bakorera inyungu z’igihugu cyabo.

    Yababwiye ko iyo igihugu kigize amatora meza, kiyoborwa neza, kandi umuturage ari we wa mbere ubigiramo inyungu.

    Yagaye kandi bamwe mu bakorerabushake, ngo usanga bavuga ko   ari abaterankunga ba komisiyo y’amatora. Abibutsa ko gukorera igihugu ari inshingano ya buri wese, adategereje igihembo.

    Yagize ati ”amatora kugira ngo agende neza buri wese aba agomba kubigiramo uruhare. Uretse no kuvuga ko uri umukorerabushake, buri wese afite inshingano zo gukorera igihugu cye, nta gihembo, kuko nacyo kiba cyaramubyaye.”

    Muri aya mahugurwa yitabiriwe na Prezida wa komisiyo y’igihugu y’amatora Professeur Karisa Mbanda, yasabye abakorerabushake mu ntara y’amajyarugu gukomeza kuba inyangamugayo nk’uko babisanganywe,bityo intara yabo ikazaza ku isonga mu kugira kugira amatora meza.

    Professeur Karisa watanze ingero ku bihugu byangiritse mu miyoborere kubera amatora aba atagenze neza,yasabye buri wese mu bakorerabushake guharanira ko igihugu cye kitazongera gusubira mu mahano nk’ayo cyanyuzemo.

    Yagize ati”buri wese aha arasabwa kugira uruhare mu mibereho myiza y’igihugu cye ,arwanya icyatuma gisubira mu byago.Kandi nimwe mugomba gufata iya mbere”

    Umuyobozi  wa komisiyo y’igihugu y’amatora , akaba yarasoje asaba abakorerabushake mu ntara y’amajyaruguru,kugaragaza imyitwarire ya gipfura, badahutaza abayoboke b’amashyaka mu gihe cy’amatora,ngo kubera inyungu z’ishyaka runaka bashyigikiye.

     

     

    Related News
    Tweet

    How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies

    Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time

    Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    France Ignores 39 Arrest Warrants for Genocide Suspects

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • France Ignores 39 Arrest Warrants for Genocide Suspects
    • Parents Petition Norwegian Government over Uganda Arrests
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Arinaitwe: Uganda Intelligence Source from Butabika Mental Facility

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED