Subscribe by rss
    Saturday 23 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Oct 2nd, 2013
    National | By gahiji

    Nyanza: Inama y’umutekano yiyemeje kutajenjekera ibiyobyabwenge

    Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza buravuga ko butazigera bwihanganira abakoresha ibiyobyabwenge ngo kuko bagira uruhare runini mu guhungabanya umutekano w’ako karere ndetse hakaba n’ubwo biteza imfu za hato ha hato.

    Ibi umuyobozi w’akarere ka Nyanza Murenzi Abdallah yabitangaje nyuma y’inama y’umutekano yaguye y’aka karere yabaye tariki 30/09/2013 igamije gusuzuma ibyawuhungabanyije muri uku kwezi kwa cyenda.

    Avuga ko iyo ibiyobyabwenge bifashwe ndetse n’ababikoresha bagatabwa muri yombi bigira uruhare mu kugarura umutekano ngo kuko aribyo ahanini biwuhungabanya bigateza urugomo n’ibindi bikorwa birushamikiyeho.

    Inama y umutekano yiyemejeUmuyobozi w’akarere ka Nyanza Murenzi Abdalla araburira abakoresha ibiyobyabwenge kubireka

    Inama y umutekano yiyemejeUmuyobozi w’akarere ka Nyanza Murenzi Abdalla araburira abakoresha ibiyobyabwenge kubireka

     

    umuyobozi w’Akarere ka Nyanza yavuze ko ibyahungabanyije umutekano byose bigera kuri 38 muri uku kwezi kwa cyenda umwaka wa 2013. Uko ari 38 byahungabanyije umutekano asobanura ko biri mu byiciro bibiri.

    Abivuga atya : “ Hari ibyahungabanyije umutekano bisa nk’ibiremereye kuko byatwaye ubuzima bw’abantu bigera kuri 14 birimo impanuka, ubwicanyi no gukubita no gukomeretsa hakaniyengeraho guta abana byagaragaye ahanini mu murenge wa Kigoma”

    Ikindi cyiciro cy’ibyahungabanyije umutekano ariko ngo bikaba binagira uruhare mu kuwugarura ni ifatwa ry’ibiyobyabwenge biba biri hirya no hino mu baturage.

    Murenzi Abdallah umuyobozi w’akarere ka Nyanza avuga ko kuba uko bukeye n’uko bwije abakoze ibyaha bafatwa cyangwa imigambi yabo ikaburizwamo ntibivuze  ko abanyabyaha biyongereye ahubwo ngo n’uko abaturage bahagurikiye kumva ko uruhare rwabo rukenewe mu gutungira agatoki inzego z’umutekano zibegereye.

    Asaba abaturage guca ukubiri n’imikoreshereze y’ibiyobyabwenge ngo kuko nta gihe na kimwe bazigera bihanganirwa muri ibyo bikorwa bihungabanya umutekano w’abantu n’ibyabo.

    Ibiyobyabwenge biboneka mu karere ka Nyanza harimo urumogi n’inzoga z’inkorano zigiye zifite amazina amenshi atandukanye bitewe n’ingaruka bigira kubabikoresheje ndetse n’agace byakorewemo.

    Iyi nama y’umutekano yabereye mu karere ka Nyanza hasuzumwa ibyawuhungabanyije mu kwezi kwa cyenda umwaka wa 2013 isanzwe ibaho buri kwezi ikitabirwa n’abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge igize akarere hiyongereyeho inzego zishinzwe umutekano.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED