Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Dec 13th, 2013
    National | By gahiji

    KARONGI-HUYE : Ministre Musa Faziri arasaba ubufatanye busesuye hagati y’abikorera na leta

    Ministre Sheikh Musa F (iburyo), Senateri Mukasine M Claire, na mayor wa Karongi Kayumba B  nyuma yo gusoza umwiherero w’abikorera ba Huye

    Ministre Sheikh Musa F (iburyo), Senateri Mukasine M Claire, na mayor wa Karongi Kayumba B
    nyuma yo gusoza umwiherero w’abikorera ba Huye

     

    Abikorera ba Huye bari bamaze iminsi itatu mu mwiherero i Karongi

    Abikorera ba Huye bari bamaze iminsi itatu mu mwiherero i Karongi

    Minisitire w’umutekano w’igihugu Sheikh Musa Faziri arahamagarira abikorera n’uturere kurushaho kugirana ubufatanye mu bikorwa by’iterambere, ariko agashimangira ko ubwo bufatanye bugomba no kuba hagati y’abikorera ubwabo.

    Ibi Ministre Musa Faziri yabisabye ubuyobozi bw’uturere twa Huye na Karongi, n’abikorera bo mu karere ka Huye kuwa gatatu tariki 11-12-2013, ubwo yasozaga umwiherero bari bamazemo iminsi itatu mu karere ka Karongi.

    Uwo mwiherero w’abikorera bo mu karere ka Huye wari mu rwego rwo kureba aho akarere kageze mu iterambere nyuma y’imyaka ine bari bamaze na none bakoze umwiherero muri Karongi.

    Muri rusange basanze barageze kuri byinshi birimo inyubako nshya kuvugurura izari zishaje, kwagura amazu ya Kaminuza y’u Rwanda, amacumbi n’amahoteli bikomeje kwiyongeraku bufatanye bw’abihaye Imana, imihanda hagati mu mujyi no kuboneshereza abaturage.

    Ashima ibyo byose bimaze kugerwaho n’ibyo biyemeje kugeraho, Ministre Musa Faziri ushinzwe by’umwihariko akarere ka Huye, yavuze ko ari imbuto y’ubufatanye bw’abikorera na leta, ariko ashimangira ko ubwo bufatanye bugomba no kuba hagati y’abikorera ubwabo.

    Musa Faziri ati ni murebe ririya soko rya Nyarugenge risigaye rihuruza amahanga, isoko rya Huye ritagira uko risa, yewe n’aka karere ka Karongi n’ubwo mutabonye umwanya uhagije ngo mutembere murebe aho kageze kiyubaka, ni ukuvuga ngo abantu ahari ubufatanye abantu ntibananirwa cyane kandi bagera ku byo bifuza.

    Umwiherero warangiye uvuyemo indi mishinga mishya igiye gutangizwa mu karere ka Huye harimo kubaka hoteli y’ubukerarugendo mu Bisi bya Huye umushinga wa Ntampaka Theo, uruganda rukora ‘Umugati wa Huye’ rwujuje ubuziranenge mpuzamahanga ruzubakwa n’isosiyete yitwa ‘Imanzi Investment Group’ ifatanyije n’umunyemari witwa Semuhungu.

    Hazubakwa n’imesero rigezweho (dry cleaning) riri ku rwego rw’uruganda rizajya rikorera amahoteli amaresitora n’abatuye Huye babyifuza, umushinga ushyigikiwe na agence itwara abantu ya Horrizon Express.

    Gusoza umwiherero w’abikorera ba Huye mu karere ka Karongi byitabiriwe na Ministre w’umutekano w’igihugu Musa Faziri nk’umushyitsi mukuru, Senateri Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, ba mayor b’uturere twa Huye na Karongi.

     

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED