Subscribe by rss
    Wednesday 20 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jan 23rd, 2014
    Feature / National | By gahiji

    Kirehe- Mu nama y’umutekano bashimye uko umutekano wagenze neza mu mpera z’umwaka wa 2013

    m_Mu nama y’umutekano bashimye uko umutekano wagenze neza mu mpera z’umwaka wa 2013

    tariki 16/01/2014, mu karere ka Kirehe hateraniye inama y’umutekano yaguye yari yitabiriwe n’ingabo, Polisi, abanyamababanga Nshingwabikorwa b’imirenge hamwe n’abayobozi b’Akarere.

    Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Murayire Protais, atangiza iyi nama y’umutekano yashimiye abanyamabanga Nshingwabikorwa hamwe n’abashinzwe umutekano muri rusange uburyo babungabunze umutekano mu mpera z’umwaka akaba avuga ko umutekano wari wifashe neza.

    Uyu muyobozi w’Akarere akaba yavuze ko umutekano wagenze neza gusa ikibazo cyagaragaye ni ikibazo gikunze kugaragra cy’abantu kugeza ubu bagicuruza ibiyobyabwenge birimo n’urumogi.

    Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe aributsa abaturage banywa inzoga bakunze kwita siriduwire abandi bakunze kwita akaginga, ko zitemwe kunyobwa nubwo bitwaza ko bazivangemo n’izindi nzoga zisanzwe nyamara ngo ugasanga byahise bihinduka ikiyobyabwenge bityo ngo nta buziranenge ya nzoga igifite, akaba avuga ko abanywa inzoga bakunze kwita siriduwire bakwirinda kuzivangamo ibindi kuko usanga byahindutse cyane bikaba byakwangiza ubuzima.

    Icyagarutsweho muri iyi nama y’umutekano ni ukwibutsa abaturage gukaza amarondo mu rwego rwo kurwanya ubujura kuko iyo nta rondo rikorwa aribwo usanga ubujura bwiyongereye, umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe avuga ko amagare agenda nijoro atabyemerewe.  Kandi ngo n’abana ntibemerewe gutwara amagare mu rwego rwo kwirinda impanuka.

    Muri iyi nama kandi bagarutse ku kibazo cy’abapagasi bajya baza mu karere ka Kirehe ugasanga nta byangombwa bagiira bakaba bafashe umwanzuro w’uko abo bizagaragara ko nta byangombwa bagira bagiye gushaka uko babohereza aho baraturutse bakaza babizanye.

    Muri iyi nama hanavuzwe  kuri gahunda yo gutuza abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bakaba bavuze ko bagiye gutangira gahunda yo kububakira aho bateguye mu murenge wa Mpanga ahitwa Rwabarara hamwe na Gahara kuko ariho babonye ko hari ubutaka batuzwamo.

    Iyi nama y’umutekano yaguye yari iyobowe n’umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Ingabo na Polisi bakorera mu karere ka Kirehe hamwe n’abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge igize Ako karere na bamwe mu bakozi b’Akarere.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED