Subscribe by rss
    Saturday 23 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jan 29th, 2014
    Feature / National | By gahiji

    Gatsibo: Bemeza ko imiyoborere myiza yatumye bagera ku iterambere

    m_Bemeza ko imiyoborere myiza yatumye bagera ku iterambere

    Habarurema Isaie Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere

    Muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza abaturage bo mu karere ka Gatsibo, baratangaza ko inama bagiye bagirwa n’abayobozi mu nzego zitandukanye zatumye bahindura imyumvire bakaba bamaze gutera imbere.

    By’umwihariko ku bahinzi n’aborozi batangaza ko imiyoborere myiza yatumye bavugurura ubuhinzi n’ubworozi bwabo kugeza ubu umukamo n’umusaruro ukaba wariyongereye cyane.

    Mu gihe cy’ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza abaturage bo muri aka karere batangaza ko by’umwihariko bishimiye gahunda ya girinka kuko yatumye babona ifumbire n’amata, inama bagiriwe n’abayobozi zikaba zaratumye bava kuri gakondo bahuza ubutaka babuhingaho igihingwa kimwe bakoresheje ifumbire bityo umusaruro ukaba wariyongereye cyane.

    Muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza kandi hatangijwe ibiganiro mu baturage bigamije kubasobanurira neza ibiranga imiyoborere myiza n’uruhare bayifitemo, bakanabaganiriza ku zindi gahunda za leta nk’iya Ndi umunyarwanda, ubumwe n’ubwiyunge n’ibindi.

    Muri uku kwezi kandi ngo hazibandwa ku gukemura ibibazo by’abaturage bigaragara nk’ibyananiranye hifashishijwe inteko z’abaturage nkuko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere Habarurema Isaie.

    Kuva uku kwezi kwatangira kandi mu karere ka Gatsibo hatashywe bimwe mu bikorwa remezo byubatswe abaturage babigizemo uruhare, muri ibyo hakaba harimo ikusanyirizo ry’amata, ivuriro ry’amatuno magufi n’amaremare n’iguriro ry’imyaka byose bierereye mu murenge wa Kabarore.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED