Subscribe by rss
    Sunday 24 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Apr 6th, 2014
    National | By gahiji

    Inama y’Umutekano yaguye y’Intara y’Uburengerazuba yibanze ku kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe abatutsi

    Kuri uyu wa 4 Mata

    Kuri uyu wa 4 Mata 2014, habaye inama y’umutekano yaguye y’Intara y’Uburengerazuba yasuzumaga uko umutekano wari wifashe muri aya mezi atatu ashize, irebera hamwe aho imyiteguro y’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe abatutsi igeze, isuzuma aho imihigo ya 2013-214 igeze ishyirwa mu bikorwa ndetse inavuga ku bijyanye n’imyitwarire y’abayobozi.

    Iyi nama y’umutekano yaguye y’Intara y’uburengerazuba yibanze cyane by’umwihariko ku kureba uko imyiteguro yo kwibuka ku nshuro ya 20 inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi  irimo kugenda. Ubuyobozi bw’intara bukaba bwasabye ababishinzwe kureba uburyo ubuhamya buzatangwa bwajyana n’ingingo yo kwibuka biyubaka binyuze muri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda.”

    Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba, Cartas Mukandasira, avuga ko bidakwiye ko gutanga ubuhamya biharirwa abacitse ku icumu rya genocide gusa. Yagize ati “Tugomba kubihuza na gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ nta kigomba gusiga ikindi. Nituguma rero guhirira ubuhamya abacitse ku icumu bonyine ntekereza ko iteka tuzajya duhora twumva ari iby’abacitse ku icumu, ari iby’abarokotse.”

    N’Ubwo abari bari muri iyo nama bemeranyijwe na Guverineri Mukandasira ko ubuhamya bukwiye gutangwa na bose dore ko abacitse ku icumu batanashoboraga kubibona byose kandi bari bihishe,  Kabanda Innocent, Perezida wa Ibuka mu Karere ka Rubavu, we ngo asanga ubuhamya bwagombye gutangwa mu byiciro bitatu. Agira ati “Umuntu yagombye kuvuga ibyamubayeho ntacyo yongeyeho nta n’icyo agabanyijeho, akavuga uko ahagaze ubu hanyuma akavuga aho yifuza kugera.”

    Naho ubuyobozi bw’Intara n’ubuyobozi bw’inzego z’umutekano ku rwego rw’intara bukaba bwasabye abayobozi b’inzego z’ibanza gukora ibishoboka byose kugira ngo mu cyumweru cyo kwibuka ntihazagire abahungabanya umutekano w’abandi.

    Mu ntara y’Uburengerazuba muri aya mezi atatu ashize hakaba ngo haragaragaye ibyaha magana inani na mirongo itatu na bitatu. Ibyinshi muri ibyo byaha ngo bikaba ari ibyo gukubita no gukomeretsa, ibiyobyabwenge no gusambanya abana. Kuri ibyo byaha ubuyobozi bwa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba buvuga ko impfu mirongo itanu n’enye zaturutse ku biza n’ubwiyahuzi.

    Muri iyi nama kandi inzego z’umutekano zikaba zibukije abanyamanganshingwabikorwa b’imirenge zibishimangira ko ntawemerewe gufungira abaturage ku murenge. Babasabye ko igihe hari ukekwaha icyaha bazajya bihutira kumushyikiriza inzego zibishinzwe bitaba ibyo na bo bagashyikirizwa ubutabera kuko gufunga utabyemerewe ari icyaha gihanwa n’amategeko.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED