Subscribe by rss
    Tuesday 19 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, May 20th, 2014
    National | By gahiji

    Bugesera: Abaturage bashimiye serivise bahabwa n’ubuyobozi ku kigero kiri hasi ya 75%

    Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere RGB bwerekanye ko abaturage batuye akarere ka Bugesera bishimira serivise bahabwa n’ubuyobozi  ku kigero kiri hafi 75%.

    Ibyavuye muri ubu bushakashatsi bikaba byatangarijwe abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge ndetse n’abahagarariye amadini n’amatorero akorera muri ako karere tariki 16/5/2014.

    Muri ubwo bushakashatsi abaturage babajijwe bagaragaje ko muri rusange bishimira servise bahabwa ku kigero kiri munsi ya 75%, abo baturage bakaba banenga cyane uburyo batagira uruhare mu itegurwa ry’ingengo y’imari kuko ibitekerezo byabo baheruka babitanga ubundi ntibyubahirizwe.

    Aba baturage kandi bagaragaje ko batishimira imikorere y’ikigo EWSA kuko bavuga ko batabona amashanyarazi igihe bayakeneye kuko akenshi umuriro uza baryamye mu masaha akuze, ibyo bikiyongeraho ko nta mazi meza babona ahubwo binywera amazi y’ibishanga n’ibiyaga.

    Abayobo

    Abayobozi b’imirenge n’utugari bitabiriye igikorwa cyo gushyira ku mugaragaro ubushakashatsi bwakozwe na RGB

    Sebarundi Ephrem, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ngeruka avuga ko ubu bushakashatsi bubahaye ishusho ya service baha abaturage, kandi ko bagiye gukosora ibitangenda neza.

    Ati “ ni byiza ko abo dukorera badusuzuma tukamenya aho intege nke zacu ziri, ikindi kandi tubonye ko umuturage ari umukoresha wacu kuko tugomba kumugaragariza ibyo dukora kuko bari mu bakoresha bacu”.

    Ku ruhande rw’akarere ngo bishimiye ubu bushakashatsi kuko bwatumye bagaragarizwa isura n’ubushobozi abaturage bafite mu kureba inzego zibayobora icyo zibagezaho nk’uko bivugwa na Kanyandekwe Thomas ushinzwe imiyoborere myiza.

    “ ubu bushakashatsi buduhaye isura z’uburyo dushobora kunoza serivise duha abaturage ndetse n’uburyo dushobora gukosora ibitagenda neza kugirango babashe gutera imbere muri gahunda zibakorerwa”.

    Munyandamutsa Jean Paul ni we wari uhagarariye ikigo RGB yashimye uburyo abagaragarijwe ubwo bushakashatsi bitwaye kuko bemeranywa n’ibyo abaturage bavuze kandi agashima ingamba bafashe.

    “ nashimye uburyo babanzaga kwakira uko abaturage babyakiriye maze bakanagaragaza nabo icyo bakora kugirango ibitagenda neza bibashe gukemuka”.

    Ubu bushakashatsi bukaba bwarakozwe habazwa abaturage barenga ibihumbi 11, ni ku nshuro  ya mbere bukorwa ariko ngo buzajya bukorwa buri mwaka.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED