Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jun 14th, 2014
    National | By gahiji

    Kayonza: Urubyiruko ngo rumaze gushishikarira gukora rwiteza imbere ariko haracyari imbogamizi y’abatwara inda zitateguwe

    Urubyiruko ngo rumaze

     

    Umuyobozi w’inama y’igihugu y’urubyiruko muri kayonza

    Urubyiruko rwo mu karere ka Kayonza ngo hari byinshi rumaze kugeraho mu iterambere rubikesha ubukangurambaga bugamije guhindura imyumvire. Bimwe muri ibyo ngo ni ukuba benshi mu rubyiruko rwo muri ako karere baribumbiye mu makoperative kandi abirirwa bazerera batagira ibyo bakora bakaba baragabanutse cyane nk’uko byavugiwe muri kongere y’urubyiruko rw’ako karere yabaye yabaye tariki 12/06/2014.

    Urubyiruko rwo

    Urubyiruko rwo muri kayonza

    Benshi mu rubyiruko ngo batangiye guhindura imyumvire ku buryo ubu ngo bahugiye mu gushaka icyabateza imbere nk’uko bivugwa na Mukunzi Herve, umwe mu bagize inzego z’urubyiruko rwo mu murenge wa Nyamirama.

    Agira ati “Twakoze koperative yo guhumbika ingemmwe z’ibiti tukajya tuzigurisha abantu tukabona amafaranga ku buryo bufatika. Urugemwe turugurisha amafaranga 30, uko tugenda tubona isoko ryagutse ni nako n’amafaranga tubona yiyongera, kandi tukanagira uruhare mu kubungabunga ibidukikije”

    N’ubwo urubyiruko rwo mu karere ka Kayonza rugenda rutera intambwe mu kwiteza imbere, ngo haracyari n’imbogamizi ya bamwe mu rubyiruko bacyirirwa mu biyobyabwenge aho gukora, ariko ikibazo gisa n’igikomeye cyane kikaba icy’abana b’abakobwa biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bagenda batwara inda zitateguwe.

    Uwizeyimana Placide uyobora inama y’igihugu y’urubyiruko mu karere ka Kayonza avuga ko hari gukorwa ubukangurambaga bwimbitse mu rwego rwo guhangana n’icyo kibazo.

    “Dufite ikibazo cy’urubyiruko rwiga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze (bw’imyaka iceyenda na 12) bagenda batwara inda zitateguwe, ariko tumaze kubona ko ari ikibazo gikomeye turi gukora ubukangurambaga ikigo ku kindi ku buryo dukeka ko hari icyo byazahindura” uku ni ko Uwizeyimana abisobanura.

    Imwe muri gahunda y’ibikorwa abagize inzego z’urubyiruko mu karere ka Kayonza bafitiye bagenzi ba bo ngo ni ukubashishikariza kwizigama, kuko benshi babona amafaranga bakayita make kandi baramutse bayakoresheje neza yabafasha kwiteza imbere nk’uko Umuhoza Marie Claire wo mu murenge wa Mukarange abivuga.

    Abari mu nzego z’urubyiruko mu karere ka Kayonza barasa n’aho batemeranya na bagenzi ba bo bavuga ko ari abashomeri kubera ko babuze akazi. Bavuga ko impamvu bamwe mu rubyiruko bavuga ko imirimo yabuze ari uko no mu mitwe ya bo haba hari icyabuze. Kuri iki kibazo ngo hakaba hari gutegurwa gahunda yo gukomeza gukora ubukangurambaga mu rubyiruko kugeza ruhinduye imyumvire.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED