Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jun 26th, 2014
    National | By gahiji

    Gatsibo: Intore zirangije urugerero zirasabwa gukomeza gukunda igihugu zubakira ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda

    Intore z’Akarere ka Gatsibo zirangije urugerero mu myiyerekano zikora akarasisi

    Intore z’Akarere ka Gatsibo zirangije urugerero mu myiyerekano zikora akarasisi

    Gukomeza gukunda igihugu bibanda cyane ku kubakira ku ndangagaciro na kirazira byakomeje kuranga umuco nyarwanda, nibwo butumwa bwahawe urubyiruko rw’intore zirangije urugerero mu Karere ka Gatsibo.

    Uru rubyiruko ubu butumwa bwabuhawe n’intore nkuru y’Akarere ka Gatsibo akaba n’umuyobozi w’aka Karere Ruboneza Ambroise, ubwo hari mu gikorwa cyo gusoza urugerero icyiciro cya gatatu mu karere ka Gatsibo, uyu muhango ukaba wabereye mu murenge wa Kiramuruzi kuri uyu wa kabili tariki 24 Kamena 2014, ahari hateraniye urubyiruko rw’intore z’imirenge ya Kiramuruzi na Kiziguro.

    Ruboneza yabwiye uru rubyiruko ko indangagaciro na kirazira biranga umuco nyarwanda aribyo bizabafasha kubaka igihugu mu nzego zose haba mu bukungu, imibereho myiza, imiyoborere myiza n’ibindi.

    Yagize ati:” icuraburindi igihugu cyacu cyabayemo igihe kirekire ni uko indangagaciro za Kinyarwanda zari zaratakaye, ndi umunyarwanda yari yarabuze, niyo mpamvu dukwiye gusigasira ubunyarwanda kuko ibimaze kugerwaho hari ikiguzi byatwaye, ari nayo mpamvu dukwiye kubibumbatira”.

    Izi ntore ziri ku rugerero zakoze ibikorwa bitandukanye birimo gukangurira abaturage kwitabira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza, kubaka no gusana amazu y’abatishoboye, kurwanya kirabiranya, gukusanya inkunga yo gufasha abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya, gukangurira abaturage kwitabira gahunda yo kuboneza imirire no kubigisha gutegura indyo yuzuye n’ibindi.

    Intore zirangije urugerero mu karere ka Gatsibo kugeza ubu zigera 1348, gusa hanagaragajwe ko hari umubare mucye wa zimwe mu ntore zagiye zicika intege ntizibashe kurangiza ibikorwa by’urugerero.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED