Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Sep 23rd, 2014
    National | By gahiji

    Tugeze mu gihe umuntu utazi gusoma no kwandika arimo asigara mu iterambere – Rwamukwaya

    m_Tugeze mu gihe umuntu utazi gusoma no kwandika arimo asigara mu iterambere – Rwamukwaya

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi Rwamukwaya Olivier, yasuye ibikorwa by’uburezi bitandukanye

    N’ubwo mu gihugu hariho gahunda y’uburezi kuri bose, hari abakuze bahuye n’ingorane zo kutagana amashuri bakiri abana ku buryo kuri ubu batazi gusoma no kwandika. Ubwo yasuraga akarere ka Kamonyi, tariki 18/9/2014, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi Rwamukwaya Olivier, yasabye abatabizi kwitabira amasomero kugira ngo bashobore kujyana n’iterambere u Rwanda rugezeho.

    Avuga ko hari ababujijwe kwiga n’ababyeyi ba bo cyangwa amateka y’ihezwa. Ngo abo bose Leta y’u Rwanda nta n’umwe iveba muri abo bose. Ahubwo ku bufatanye n’abaterankunga barimo abanyamadini biteguye kubafasha kubigisha gusoma no kwandika mu masomero aari hirya no hino mu gihugu.

    Rwamukwaya arabasaba kwirinda kugira ipfunwe ryo kuyoboka amasomero kuko kuri ubu bitoroshye kugera ku iterambere utazi gusoma no kwandika. Aragira ati”  Tugeze mu gihe umuntu utazi gusoma no kwandika arimo arasigara mu iterambere”.

    Ngo gukoresha ikoranabuhanga nka Telefoni, WHatsapp, Interneti n’ibindi, birakoreshwa n’abantu benshi mu guhana amakuru. Bifasha kumenya ahari akazi, kumenya ahari isoko ry’umusaruro ndetse no kumenya imikorere y’ahandi. Ibyo byose nta wabikoresha atazi gusoma no kandika.

    Atazi gusoma no kwandika barasabwa gushyira imbaraga mu guha agaciro kumenya gusoma no kwandika bitabira amasomero, ariko n’ababizi barasabwa kubyitabira bakabigira umuco kuko gusoma ibitabo n’ibinyamakuru nibyo bizabafasha gushyira mu bikorwa gahunda z’iterambere.

    Ku bakiri bato, Uyu munyamabanga wa Leta yibukije ababyeyi n’abarezi kutagira n’umwe bavutsa uburenganzira bwo kwiga bitwaje impamvu zitandukanye. Aha yatunze agatoki ibigo by’amashuri bijya byirukana abana kuko babuze amafaranga y’umusanzu w’ifungura rya saa sita ku biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12.

    Yashimye ibigo by’amashuri byo muri Kamonyi kuko bishyigikira gahunda y’uburezi budaheza, abana bafite ubumuga bakaba boroherezwa kwiga ntibaheranwa n’ubujiji.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED