Subscribe by rss
    Sunday 24 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Sep 24th, 2014
    National | By gahiji

    Gasabo: hatangijwe ukwezi kw’imiyoborere myiza, abaturage bagaragaza ibibazo byinshi

    hatangijwe ukwezi

    Abaturage batuye akarere ka Gasabo bagaragarije ubuyobozi bw’ako karere ko bagifite ibibazo byinshi bikwiye gucyemuka, banagaragaza ko abayobozi b’imirenge bakwiye gushyira ingufu mu gucyemura no gukurikirana ibibazo by’abaturage.

    Akarere ka Gasabo

    Akarere ka Gasabo, kimwe n’ahandi hose mu gihugu, katangije ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza, igikorwa cyatangirijwe mu murenge wa Jabana kuri uyu wa mbere tariki 22/9/2014.

    Ubwo hatangizwaga uku kwezi kuzibandwa ku gucyemura ibibazo by’abaturage biba byaraburiwe umuti cyangwa biba bitarakurikiranywe neza, abaturage bahawe umwanya wo kubaza ibibazo ndetse banerekwa itsinda rizabafasha mu kubishakira ibisubizo.

    Byinshi mu bibazo

    Byinshi mu bibazo byabajijwe byari ibishingiye ku karengane ndetse n’amahugu ku butaka, aho wasangaga abakuze ari bo babajije byinshi, nk’uko byagiye bigaragara.

    Muri bamwe mu babajije harimo uwitwa Pascal Azizi uvuga ko amaze imyaka igera kuri 14 akurikirana amafaranga y’imperekeza batamuhaye. Yavuze ko yakomeje gusiragira mu nzego zose yaje kubona impapuro zose yasabwaga ariko mu 2010 ageze ku karere dosiye ye iryamayo kugeza na n’ubu.

    Yagize ati “Nibintu bitatu (mburana) ni amafaranga y’imperekeza ni amafaranga y’amashimwe ni amafaranga ajyana no kuzamuka mu ntera, kandi nkumva byangirira akamaro kuko aramutse aje byanzamurira n’imperekeza. Nkaba narabuze n’imperekeza nkibaza icyaha mfite.”

    Mu bindi bibazo by’abajijwe harimo n’ibyabakecuru babiri umwe yabajije ibijyane n’uko ari gukurwa mu butaka yahawe na leta mu myaka yi 1960, undi nawe akavuga ko hari abamutera bamubwira ibintu bijyanye n’ingengabitekerezo akaba afite ubwoba ko bazamuhitaka.

    Willy Ndizeye, umuyobozi w’akarere ka Gasabo yatangaje ko uku kwezi icya mbere kubafasha ari ukumenya ibibazo bigaragara mu karere, bigacyemurwa kandi n’uwagize uruhare mu kubiteza cyangwa kudindiza icyemurwa ryabo agakurikiranwa.

    Ati “Ni ukugira ngo tunabimenye tubikurikiranire hafi ariko n’abo bayobozi babigizemo uruhare bafatirwe ibihano, kuko umuyobozi abereye hariya gufata abaturage ntago abereye hariya kubadindiza cyangwa kubarenganya.

    “Niyo mpamvu bimwe twashyizemo Poisi tubasaba ko babidukurikiranira tukamenya niba n’imvo n’imvano yabyo, tukamenya n’abo bayobozi babigizemo uruhare n’impamvu zabyo. Mwumvise ko harimo n’abakorera urugomo. Ibyo byose ni ukugira ngo tubikurikirane, tubihandure uwabigizemo uruhare wese ahanwe.”

    Ku kibazo cy’ibibazo by’abaturage usanga binagoranye ku buryo kubikemura bisaba ubushishozi, Ndizeye yatangaje ko abaturage benshi bazira kutamenya amategeko ariko akavuga ko ikipe bashyizeho ifite ubunararibonye bwo kubicyemura.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED