Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Oct 4th, 2014
    National | By gahiji

    Gicumbi – Ukwezi kw’imiyoborere myiza gufasha abaturage gukemurirwa ibibazo

    Gicumbi – Ukwezi kw’imiyoborere myiza gufasha abaturage gukemurirwa ibibazo

    Abayobozi bari mu kuganira n’abaturage muri gahunda y’imiyborere myiza

    Gicumbi – Ukwezi kw’imiyoborere myiza gufasha abaturage gukemurirwa ibibazo

    Abaturage bari ku murongo babaza ibibazo abayobozi baje kubaganiriza muri gahunda y’imiyoborere myiza

    Abaturage bo mu karere ka Gicumbi bemeza ko ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza kubafasha kumvwa no gukemurirwa bimwe mu bibazo baba bafite.

    Ibi babitangaje ku itariki ya 01/10/2014 ubwo inzego z’ubuyobozi zaganiraga nabo mu murenge wa Byumba mu kagari ka Kibari ku miyoborere myiza.

    Mukanoheri Josephine ni umwe mubakemuriwe ikibazo yatanze cy’uko umugabo we afunzwe ariko akaba atazi icyo afungiye maze umuyobozi wa polisi ikorera mu karere ka Gicumbi amubwira ko afunzwe by’agateganyo kuko yasuzuguye urukiko ubwo yatumizwaga ngo abazwe.

    Mukanoheri kubwe ngo yishimiye igisubizo yahawe kuko yari yaraheze mu gihirahiro atazi impamvu umugabo we afunze akaba ategereje ubutabera kugirango buzakore akazi kabwo.

    Bimwe mubibazo byagiye bitangwa harimo ikibazo kijyanye n’isambu cyatanzwe na Nziriho wo mu muryango w’abasigajwe n’amateka  wagaragaje ko akeneye ahantu ho kuba kuko ubwo yari afunze akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu yasanze bene wabo baramusenyeye inzu.

    Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre yamusubije ko bazamushyira muri gahunda y’abagomba kubakirwa aho kuba.

    Nziriho yishimiye iki gisubizo kuko ubu yicaranye icyizere cy’uko agiye kubona aho aba akareka kwirirwa acumbika.

    Gicumbi – Ukwezi kw’imiyoborere myiza gufasha abaturage gukemurirwa ibibazo

    Abaturage bitabiriye ibiganiro

    Abaturage kandi bavuga ko batishimira gukemurirwa ibabazo gusa kuko usanga banaganira no kuzindi gahunda z’iterambere.

    Zimwe muri izo gahunda bigishwa izijyanye n’ubuhinzi, ubworozi, kuri gahunda ya Ndi umunyarwanda n’izindi zibashishsikariza gukora bakivana mubukene nk’uko Nzirorera Stanislas abivuga.

    Kuruhande rw’ubuyobozi ariko bwo busanga ibibazo abaturage bagaragaza muri uku kwezi kw’imiyoborere myiza biba ari ibibazo n’ubundi baba baragejeje ku buyobozi ntibikemuke ahubwo bakongera kubigarura nk’uko Mutesi Frolence ukuriye ishami rishinzwe ubushakashatsi mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza yabigarutse.

    Gusa ngo bene ibyo bibazo ngo barabikurikirana ndetse bagasiga babikemuye ibisaba iperere bikagira abo bishingwa ngo babikemure.

    Ikiza nuko abaturage bagira uruhare mu gukemura ibibazo byabo, kuko usanga abaturage aribo bafite amakuru y’ukuri mu bibazo bya bagenzi babo.

    Ati” mwabonye uburyo umuturage yahagurukaga akavuga ikibazo cye bagenzi be bagahita bamwamaganira kure, biriya byerekana ko baba bazi ukuri ku kibazo agiye kuvuga.”

    Ikindi yagarutseho ngo nuko abaturage badakwiye guhora mubibazo ahubwo bakwiye gukora bakiteza imbere kuko imanza zitera ubukene kuko umuntu aba yazitakajeho umwanya bityo ntabone umwanya wo gukora ngo yiteze imbere.

    Muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza kandi hatangijwe ibiganiro mu baturage bigamije kubasobanurira neza ibiranga imiyoborere myiza n’uruhare bayifitemo bakanabaganiriza ku zindi gahunda za leta nk’iya Ndumunyarwanda, Ubumwe n’Ubwiyunge kandi ngo hazibandwa no gukomeza  gukemura ibibazo by’abaturage bigaragara nk’ibyananiranye  hifashishijwe inteko z’abaturage.

     

     

     

     

     

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED