Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Feb 6th, 2015
    National | By gahiji

    Huye: Barishimira uburyo bushya bwo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe

    Huye Barishimira uburyo bushya bwo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe

    Ubwo mu ntara y’amajyepfo batangirizaga ku mugaragaro igikorwa cyo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe mu murenge wa Rusatira ho mu karere ka Huye, abaturage bagaragaje ibyishimo by’uko inyito z’ibyiciro zahinduwe, ndetse bakaba baranasobanuriwe neza ibyiciro n’ababishyirwamo.

    Igikorwa cyaranzwe no gusobanurira abaturage ko abantu basigaye babarirwa mu byiciro bine, aho kuba bitandatu nk’uko byari bisanzwe, ndetse ko nta cyiciro kigihabwa inyito nk’uko byari bisanzwe: nta bahanya cyangwa abatindi bakivugwa, ahubwo icyiciro cya mbere, icya kabiri, icya gatatu n’icya kane.

    Muri uku gutangiza ishyirwa mu byiciro by’ubudehe i Rusatira kandi, umukuru w’umudugudu w’umuremera, ari na wo wakoreweho umwitozo, mbere yo gushyira abantu mu byiciro yabanje gusobanura neza ibyiciro byose, ndetse afata n’umwanya wo gusubirishamo abamukurikiye ibiranga ibyiciro kugira ngo arebe ko babifashe mu mutwe.

    Ibi byashimishije abari bitabiriye iki gikorwa. Umwe mu banyarusatira yagize ati “igikorwa cy’uyu munsi ndagishimye cyane kuko noneho nabashije kumva abajya mu byiciro runaka. Ubundi bajyaga badushyira mu byiciro ntazi icyo bakurikiza.”

    Undi na we ati “ubwo tuzaba dukora iki gikorwa mu midugudu iwacu, nitubasha kugenza nk’uko twagenje uyu munsi nta wuzasigarana ingingimira: icyiciro cy’umuntu kizafatwaho icyemezo n’abaturage bose ku mugaragaro bidakozwe mu bwihisho. Ibi kandi bizakuraho n’ikimenyane cyatumaga abantu bamwe bashyirwa mu byiciro badakwiye, mu rwego rwo kwishakira uko bahabwa mituweri ku buntu.”

    Ibyiciro by’ubudehe ntibivuga mituweri y’ubuntu

    Asobanurira abanyarusatira ibijyanye n’ibyiciro by’ubudehe, Guverineri w’intara y’amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yababwiye ko ikigenderewe mu gushyira abaturage mu byiciro “Atari ugutanga mituweri z’ubuntu, ahubwo kumenya uko abaturage babayeho .”

    Yagize ati “yego abakennye cyane ntibabura gufashwa, ariko icyo dushaka ni ukugira ngo tumenye uko abaturage bacu babayeho, hanyuma tuzabihereho mu igenamigambi ryo kubashakira ibyabageza ku iterambere rirambye.”

    Na none ati “ibizava mu iri shyirwa mu byiciro, bizabera imbarutso utugari, imirenge, uturerere, … kureba ibyakorerwa abaturage kugira ngo bikure mu bukene.”

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED