Subscribe by rss
    Monday 18 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Apr 23rd, 2015
    Kinyarwanda / National | By gahiji

    Murambi: Abarokotse ubwicanyi bw’I Murambi bafite icyizere cy’ejo hazaza

    Abaharokokeye batanze ubuhamya kandi batangaza icyizere cy’ubuzima bw’ejo hazaza ndetse n’aho bageze biyubaka.

    Abaharokokeye batanze ubuhamya kandi batangaza icyizere cy’ubuzima bw’ejo hazaza ndetse n’aho bageze biyubaka.

    Abagize amahirwe yo kurokoka ubwicanyi bw’indengakamere bwabereye I Murambi mu karere ka Nyamagabe mu cyahoze ari Gikongoro, bugatwara abatutsi barenga 50,000, barishimira intambwe bamaze gutera kandi bafite ikizere cy’ejo hazaza.

    2

    Italiki 21 Mata 1994, mu rukerera nibwo ibitero by’interahamwe byavuyanze abatutsi bari bahungiye ku musozi w’I Murambi, zibica urwagashinyaguro, akaba ariyo mpamvu abaharokokeye bibuka kuri iyi taliki nk’umwihariko.

    Bitewe n’inzirakarengane zirenga 50,000 zaguye I Murambi abaharokokeye bifuje ko iyi taliki ya 21 Mata bagomba kuyigira iy’umwihariko bakibuka ababo, aho bafata umwanya wo gusenga ndetse no kurambika indabo ku mva zabo mu rwego rwo kubunamira mu cyubahiro.

    Joseph Nshimiyimana warokokeye I Murambi, yatanze ubuhamya bw’uko yarokotse ubwicanyi nyuma yo gukubitwa ubuhiri akanatemagurwa, ababyeyi n’abavandimwe be bamaze kwicwa.

    Yagize ati: “nanjye bankubise ubuhiri, barantema sinapfa, noneho mbabazwa n’uko nanyweye amaraso ya mama nziko ari amazi kubera inyota nyinshi nari mfite, nuko kubera nari meze nk’uwaphuye bazana amamodoka batujyana mu byo maramo iminsi abana bakajya bantera amabuye babona ngifite akuko nuko nza kubona umuntu unzi anyingingira abafaransa barandokora banjyana iwabo.”

    Nshimiyimana Nubwo yanyuze mubitoroshye akaba yatangaje ko ubu yishimira aho ageze yiyubaka nubwo yakuze abona abantu bose ari abanzi be.

    Yagize ati: “ubu ndigusoza kaminuza i Butare, numva muri njyewe mfite ikizere, mfite ishyaka numva yuko byose nzabigeraho nkuko nabonye ababyeyi banjye babaye intwari barwana nta bikoresho bafite numva mfite ejo haza ndiyubatse meze neza kandi ndakomeye.”

    Minisitiri w’umuco na siporo wari n’umushyitsi mukuru ubwo yihanganishaga abacitse ku icumu yatangaje ko kwibuka byongera gutanga umwanya wo gutekereza ibyabaye, bikanafasha abantu kureba aho bageze biyubaka.

    Yagize ati: “ndashimira abarokokeye I Murambi ko uyu ari umwanya utuma tugaruka ku mateka mabi twanyuzemo ariko tukaba dufite amashami meza yashibutse rero nagiraga ngo mbabwire mukomere kandi mbasaba kubaka Nyamagabe itandukanye n’iyo twumvise mu mateka mabi.”

    Abitabiriye bakaba basabwe guharanira kuba abanyarwanda kandi birinda icyasubiza inyuma igihugu, bakagira n’uruhare mu kurwanya abapfobya n’abahakana jenoside yakorewe abatutsi.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED