Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Jun 26th, 2012
    Ubuvugizi | By gahiji

    Kayonza: Abakora mu nzego z’ubuzima barasabirwa gushyirirwaho gahunda y’itorero

    Rwanda | Kayonza Abakora mu nzegoUmuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Nyamirama mu karere ka Kayonza, Jacques Nsengiyumva, arasabira abakozi bose bakora mu nzego z’ubuzima gushyirirwaho gahunda y’itorero kuko yafasha abagifite ibisigisigi by’urwango bakaba abaganga nyabo kandi bubahiriza amahame y’umwuga wa bo.

    Nsengiyumva avuga ko urwango abanyarwanda bigishijwe rukaza no kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi rwageze no mu baganga kandi bashinzwe kurengera ubuzima bw’abantu. Yongeraho ko bitapfa koroha ko umuntu wifitemo ibisigisigi by’urwo rwango cyangwa izindi ngaruka za Jenoside muri rusange yakurikiza amahame y’umwuga we uko bikwiye cyane cyane igihe agiye kwita ku buzima bw’uwo yita ko ari umwanzi we.

    Ibi ngo nibyo bituma uwo muyobozi abona ko bikwiye ko abantu bakora mu nzego z’ubuzima bashyirirwaho gahunda y’itorero kugira ngo bigishwe uburere mboneragihugu na kirazira ndetse n’indangagaciro zikwiye kuranga umunyarwanda nk’uko n’abandi banyarwanda banyuze mu itorero bagiye babyigishwa.

    Mu muhango wo kwibuka abakozi b’ibigo nderabuzima n’ibitaro byo mu karere ka Kayonza ndetse n’abarwayi bishwe mu gihe cya Jenoside bazira uko baremwe wabaye tariki 22/06/2012, Nsengiyumva yongeye gushimangira ko kuba hari bamwe mu bakozi bishe bagenzi ba bo kandi barakoranaga, ari ikimenyetso cy’uko bose batabonaga ibintu kimwe.

    Yavuze ko umuganga ari umuntu uba afite ubuzima bw’abantu benshi mu biganza bye ku buryo atabaye intwari ngo arenge ibyakunze guteza umwiryane mu banyarwanda, bishobora gutuma ahitana ubuzima bw’abatari bake.

    Dr Kayondo Leonard ukora mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima, RBC, yavuze ko kuba abakozi bafite aho bahurira n’ubuzima bw’abantu bashyirirwaho itorero ari igitekerezo cyiza, ariko anongeraho ko bizaba ngombwa ko habaho ibiganiro n’abakuriye minisiteri y’ubuzima kugira ngo bige uburyo byakorwa kandi ntihagaragare icyuho mu rwego rw’ubuzima.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED