Subscribe by rss
    Thursday 28 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jun 28th, 2012
    Ubuvugizi | By Andrew

    Uko umuntu yitwaye ku mukiriya na byo bigira icyo bimubwira

    Rwanda | Uko umuntu yitwayeUko umuntu yitwaye umukiriya aje amugana bituma yumva ashobora kumubwira ikimugenza cyangwa agatangira kwibwira ko arushywa n’ubusa. Ibi byagaragajwe mu mahugurwa abakozi bo mu Turere two mu Ntara y’amajyepfo bagiriye kuri Hotel Credo tariki ya 26 Kamena.

    Munyaneza Alexis, umukozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro n’imyigishirize y’Imyuga mu Rwanda, akaba umwe mu batangaga amahugurwa, yagaragarije abari bitabiriye amahugurwa ko hari inyifato idakwiye igihe umuntu aje akugana, uzi neza ko agukeneyeho serivisi. Yagize ati “umuntu akomanze agira ngo yinjire mu biro ukamusubiza umwemerera kwinjira, yakwinjira agasanga wunamye ku madosiye yawe, ukubura umutwe ari uko akugeze imbere, si byiza kuko atangira kumva ko nta mwanya umufitiye”.

    Munyaneza yatanze n’izindi ngero nyinshi z’imyifatire idakwiye ku bantu bakira abandi harimo nko kuza kureba umuntu w’umukobwa cyangwa umugore agatangira kukureba avana ku birenge ajyana ku mutwe, cyangwa ugasanga ahagaze yifashe mu mayunguyungu. No kwifata neza (gusobanya amaboko), mbese uhagaze nk’uri ku burinzi, bishobora gutuma uwari uje agukeneyeho serivisi atangira kumva atinye, ku buryo hari igihe byatuma atavuga icyamugenzaga, yanga guta igihe.

    Ngo ahubwo, iyo umuntu yinjiye ukamusanganira ukamusuhuza umusekera, atangira kumva ko ari bubone ibimugenza. N’iyo kandi atabasha kubona serivisi yifuzaga, kuba yakiriwe neza bimugaragariza ko ibyo ari byo byose abo yaje asanga ntako batari bagize ngo bamukemurire ikibazo, mu gihe igihe yakiriwe n’umuntu wasaga n’utamwitayeho, kabone n’iyo yaba yakoresheje imbaraga nyinshi ngo abone ibimugenza, agenda atekereza ko atakemuriwe ikibazo kubera ko batari bamwitayeho.

    Hari igihe n’abakiriya ubwabo batitwara neza imbere y’ababa bagomba kubakira. Yego hari igihe umukiriya aba aziranye n’umuyobozi mukuru akumva ko nta wugomba kumukoma imbere, ariko na none hari n’igihe umukiriya yasuzugura ugomba kumwakira bitewe n’uko yambaye.

    Munyaneza rero ati “mu gihe umuntu aje gusanga, mwereke ko umwitayeho, ukurikire wumve ibyo akubwira utari gukubita ikirenge hasi cyangwa udonda intoki/ikaramu ku meza, bizatuma ataha yishimye kabone n’ubwo yaba atakemuriwe ikibazo cyamugenzaga. Mu gihe wakira abashyitsi kandi, ujye wambara neza, bizatuma abaza bagusanga batagusuzugura”.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED