Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Jul 3rd, 2012
    Ubuvugizi | By gahiji

    Urubyiruko rusaba ko nyobozi z’utugari n’imirenge zajya zitorwa n’abaturage muri rusange.

    Rwanda | Photo: Urubyiruko rwitabiriye kureba filime mu kigo IRDP kiri ku Gisozi mu karere ka Gasabo.

    Photo: Urubyiruko rwitabiriye kureba filime mu kigo IRDP kiri ku Gisozi mu karere ka Gasabo.

    Urubyiruko rwitabiriye kureba filimi zateguwe n’ikigo IRDP cy’Ubushakashatsi n’Ubusabane bigamije amahoro, rusaba ko abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’ab’utugari, nabo bajya batorwa n’abaturage, kugirango haveho imvugo igiri iti:” Urantwara iki ko utantoye!”

    Nyuma yo kureba filime yiswe “ Are my priorities your concern”, ikubiyemo ibitekerezo by’abaturage n’abayobozi banyuranye ku ishyirwaho rya gahunda za leta n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, bamwe mu rubyiruko bavuga ko komite nyobozi zo mu tugari no mu mirenge arizo zifite uruhare runini mu gufatira ibyemezo abaturage. Kubera iyo mpamvu ngo aba batekinisiye nibo bagombye kuba batorwa n’abaturage.

    Umunyeshuri wiga muri Kaminuza yigenga ya Kigali(ULK) agira ati “imvugo y’aba’executifs’ bamwe na bamwe b’utugari n’imirenge usanga ari iyo kwihimura ku baturage, bavuga ko batabatoye. Ibi bigatera ingaruka zo gukora uko bishakiye kandi bagahutaza abaturage.”

    Mugenzi we w’umukobwa nawe wiga mu mwaka wa kabiri muri ULK yavuze ko gutora Inama Njyanama bidahagije, agasaba ko na ba “Executifs” bajya ku buyobozi batowe n’inteko rusange y’abaturage.

    Bitewe n’uko izi nzego zigomba kuyoborwa n’abantu bafite ubumenyi bakura mu ishuri, urubyiruko rusaba ko Komisiyo y’amatora ikwiye kureba abantu bize kandi bazi neza abaturage n’imiterere by’umurenge cyangwa akagari runaka, ikabereka abaturage, akaba aribo bihitiramo abagomba kubayobora.

    Bamwe mu rubyiruko kandi bemeza ko Inama njyanama zikorera mu kwaha kwa Komite nyobozi z’utugari, imirenge cyangwa uturere, bigatuma zifata ibyemezo  bitari mu nyungu z’abaturage.

    Filime urubyiruko rwarebeye mu Kigo IRDP gikorera ku Gisozi mu mujyi wa Kigali, igaragaza ko henshi abaturage bagirana ibibazo n’abayobozi babo, birimo gutungurwa na gahunda za Reta, bagatangira kuzishyira mu bikorwa ku gahato, batabanje kuzimenyeshwa no kuzitangaho ibitekerezo.

    Urubyiruko rwitabira kureba firime zitegurwa n’ikigo IRDP,ni abiga mu mashuri makuru na za  Kaminuza; benshi muri bo  nabo bagahamya ko nta ruhare bagira mu itangwa ry’ibitekerezo byubaka igihugu, bakavuga ko batabona abo batoye babegera ngo babagishe inama.

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED