Subscribe by rss
    Monday 18 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Dec 13th, 2011
    Ubuvugizi | By Andrew

    Abaturage batitabira gahunda za leta nibo badindiza imihigo

    Mu gikorwa cy’umuganda no mu nama z’abaturage, hakunze kugaragara abaturage bamwe. Hakaba n’abandi ngo bikorera imirimo yabo cyangwa bakikingirana ntibajye mu muganda. Umuturage umwe wo mu murenge wa Gacurabwenge, avuga benshi mu baturanyi babo batitabira inama z’ubuyobozi, mu gihe muri izo nama ariho havugirwa gahunda z’iterambere.

     

    Izo mpungenge zagarutsweho no mu nteko y’imihigo y’imirenge igize Akarere ka Kamonyi, aho abayobozi bibukijwe ko n’ubwo aribo bahiga, ibitekerezo bagomba kuba babikuye ku baturage, bakaba ari nabo babafasha mu gushyira mu bikorwa ry’ibyo biyemeje mu mihigo.

     

    Abo baturage  batagaragara muri gahunda za leta, akenshi nibo bavuga ko barengana cyangwa se bakakwa ruswa na bamwe mu bayobozi igihe bagiye nko kubasaba serivisi runaka.

     

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacurabwenge, Uwineza Marthe, avuga ko mu rwego rwo guhwitura abo baturage batitabira gahunda za Leta. Umurenge wabo washyizeho abakangurambaga b’iterambere b’ingo icumi bazajya bakangurira baturanyi babo kwitabira gahunda za leta no kubakangurira kwitabira gahunda z’iterambere.

     

    Yongeyeho ko abayobozi bafite inshingano zo gukundisha abaturage gahunda za leta batabahutaje ahubwo ngo bajye bafatanya n’abaturanyi babo kuzibumvisha.

     

    Atanga urugero kuri gahunda ya mituweli, ati « nta muturage n’umwe utazi akamaro ko kuba muri mituweli, ariko byagera ku mafaranga, ugasanga harimo nk’abafite imitungo igaragara ariko ntibitabire kuyishyura ».

     

    Akomeza yibaza niba abayobozi bagomba guhiga nka 20% cyangwa 30% kandi bazi neza ko buri muturage wese ashobora kurwara cyangwa kurwaza mu gihe cy’umwaka.

     

    Abaturage bari bari aho bakaba biyemeje gufatanya n’inzego z ‘ubuyobozi maze bagafasha bagenzi babo kwitabira gahunda za Leta no kugira uruhare mu iterambere ry’aho batuye ndetse n’iry’igihugu muri rusange.

     

    Marie Josee Uwiringira

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED