Subscribe by rss
    Tuesday 19 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jul 25th, 2012
    Ubuvugizi | By gahiji

    Rwanda : Guhagarika inkunga kwa US bishingiye ku makuru y’ibinyoma- Mushikiwabo.

    Guhagarika inkunga kwa USMinisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise mushikiwabo aratangaza ko leta z’unze ubumwe za Amerika cyangwa ikindi gihugu giterankunga gifite uburenganzira bwo gutanga inkunga cyangwa kuyihagarika, kandi kikabikora gishingiye kuri politiki yacyo.

    Ibi Minisitiri Mushikiwabo yabitangaje ubwo yagira icyo avuga ku cyemezo cyafashwe na leta z’unze ubumwe za amerika cyo guhagarika inkunga ingana n’amadorali y’amerika ibihumbi 200 cyatangaga mu gisirikari cy’u Rwanda, bishingiye ku kuba u Rwanda rushyirwa mu majwi kugira uruhare mu gushyigikira umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Joseph Kabila.

    Mu itangazo rigaragara ku rubuga rwa internet rwa minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Minisitiri Mushikiwabo yagize ati: “twubashye uburenganzira bwa buri mufatanyabikorwa mu iterambere, tugomba gusobanurira inshuti zacu za Washington n’ahandi ko iki cyemezo cyashingiwe ku makuru atariyo. Nk’uko twabisobanuye mbere, u Rwanda si rwo soko si n’umufasha mu mutekano muke mu burasirazuba bwa RDC”.

    Mushikiwabo yashyize ahagaragara ko mu cyumweru gitaha abayobozi b’u Rwanda bazahura n’itsinda ry’inzobere z’umuryango w’abibumbye bakigira hamwe ibyo raporo yayo yasohoye by’agateganyo ku mutekano muke uri mu burasirazuba bwa Kongo.

    Yongeyeho ko bazigira hamwe ingingo ku yindi ibyo bashinja u Rwanda maze narwo rugatanga ibisobanuro.

    Urubuga rwa internet rwa BBC rutangaza ko n’ubwo US yahagaritse inkunga ingana n’ibihumbi 200 by’amadolari yagenerwaga buri mwaka ishuri rikuru rya gisirikare ry’U Rwanda, zizakomeza gufasha umutwe w’ingabo z’U Rwanda zagiye kubungabunga amahoro muri Sudan nk’uko bisanzwe.

     

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED