Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Sep 29th, 2012
    Ubuvugizi | By Aninta

    Rwanda Abanyaburera nibagira imihigo iyabo bakanayikorera ku gihe bazarusha ho kuyesa

    BureraDistUmuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere avuga ko abanyaburera bose bagize imihigo iyabo ndetse bakanayikorera ku gihe biri mu byatuma akarere ka Burera gakomeza kuza imbere mu kwesa imihigo.

    Zaraduhaye Joseph avuga ko imihigo igera kuri 50 akarere kaba karahize, itagerwa ho buri munyaburera adashyizeho ake.

    Agira ati “ ni ukureba ushingiye ku ngufu n’ubushobozi ufite, jye ndagira uruhe ruhare muri iyi mihigo. Icyo twaramutse twakibonye kikava ku muturage kijya kuri “mayor”, abantu bose babyuma neza…twagenda nta kibazo”.

    Akomeza avuga ko iyo umuntu yagize ibintu ibye abikora kuko ntawuburira umubyizi mukwe.

    Zaraduhaye avuga ko kandi umuco wo kurushanwa nawo watuma imihigo igerwa ho uko bikwiye. Imirenge igize akarere ka Burera ikemera guhiganwa, utugari, imidugudu ndetse no mu rugo bagahiganwa bakumva ko ntawe ukwiye kubarusha nk’uko abitangaza.

    Akomeza avuga ko ikindi gikomeye cyatuma imihigo igerwa ho ari uko imihigo yahizwe igomba gukorwa ku gihe aho kuyikora ku munota wa nyuma.

    Agira ati “ikosa rikunze kugaragara mu nzego z’ibanze no ku bantu bose muri rusange, ibintu bumva babikora ku munota wa nyuma. Wihaye kuyikora ku munota wa nyuma wasanga abandi bagusize”.

    Kwiha gukora ibintu ku munota wa nyuma bituma umuntu ahuzagurika akabikora nabi cyangwa se bikamuvuna kandi bitari ngombwa nk’uko Zaraduhaye abihamya.

    Yongera ho kandi ko imihigo ikwiye kugabanwa kuko hari imihigo iba ikwiye gushyirwa mu bikorwa mu rwgo rw’umurenge bityo abakozi bo ku mirenge ndetse n’abo ku karere bakagabana iyo mihigo kugira ngo yihutishwe.

    Ibyo bifasha gukurikirana imihigo uko igenda ikorwa kandi hakarebwa n’ubushobozi buhari bugatangirwa igihe kugira iyo mihigo igerwe ho nk’uko Zaraduhaye abitangaza.

    Zaraduhaye avuga ko kandi abantu bose, ari ababayobozi ndetse n’abayoborwa mu karere ka Burera, bagomba guharanira kuba abambere buri wese akumva ko ntawamurusha. Nuwabaye uwanyuma akaba abifitiye ibisobanuro.

    Akarere ka Burera kabaye aka gatandatu mu gushyira mu bikorwa imihigo kahize y’umwaka wa 2011-2012, mu turere 30 two mu Rwanda, aho kagize amanota 92,9. Niko karere kabaye aka mbere mu ntara y’amajyaruguru mu turere dutanu tugize iyo ntara.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwashyize ingufu mu mihigo y’umwaka 2012-2013 kugira ngo bazarusheho kuyesa bakomeze baze imbere.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED