Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Oct 13th, 2012
    Block8-Ubuvugizi-2 / Ubuvugizi | By gahiji

    Rwanda | Nyamasheke: Abashinzwe irangamimerere mu mirenge barasabwa kwirinda gusiragiza abaturage

     nyamashekedistAbashinzwe irangamimerere mu mirenge 15 igize akarere ka Nyamasheke barasabwa gutanga serivise inoze ku baturage babagana kandi bakirinda guca abaturage amafaranga ya serivise bataje kubasaba.

    Ibi byatangajwe kuri uyu wa kane, tariki ya 11 Ukwakira, mu mahugurwa y’iminsi ibiri yagenewe abashinzwe irangamimerere mu mirenge igize aka karere. Ikigamijwe ngo kikaba ari gutanga serivise zinoze.

    Muri aya mahugurwa, abakozi bashinzwe irangamimerere mu mirenge basabwe kwirinda gusiragiza abaturage mu nzira, bakajya babaha serivise uko bikwiye nta kubatinza. Ikindi basabwe by’umwihariko ni ukwirinda guca abaturage amafaranga ya serivise batatse. Aha Ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Nyamasheke, Adolphe Kanamugire, yatanze urugero rw’aho umuntu ajya kwandikisha umwana wavutse ugasanga ushinzwe irangamimerere mu murenge amusabye kubanza gutanga imisanzu ya mutuelle de santé, uw’uburezi, n’ibindi bitandukanye.

    Ibi ngo bishobora kuba imbogamizi, umuturage akaba yasubira iwe atabonye serivise yifuza, bityo bikagira ingaruka ku mwana wavutse uba avukijwe ubwo burenganzira bwo kwandikwa kandi mu by’ukuri iyo serivise itagurishwa.

    Abashinzwe irangamimerere bakaba basobanuriwe ko izo gahunda zitandukanye ari ingirakamaro ariko ko igikwiriye ari ugusobanura no gushishikariza abaturage akamaro kazo aho kubategera kuri serivise baba baje kubasaba kandi bafitiye uburenganzira.

    Mukamugema Odette ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Kagano yadutangarije ko ayo mahugurwa yabafashije kumenya ibiranga serivisi nziza kandi bazaharanira kuzigeza ku baturage ku buryo nibiba ngombwa ko haboneka ibyatuma uwo muturage atabona iyo serivise bazajya babanza bakamusobanurira ku buryo na we ashobora kumenya impamvu yabyo ku buryo yanabikosora kugira ngo bigende neza.

    Ku kibazo cy’abaturage bakunze gusabwa gutanga amafaranga ya serivise badasaba, iyo bashaka ibyangombwa mu buyobozi bw’inzego z’ibanze, Mukamugema yadutangarije ko icyo bagiye gukora ari ubukangurambaga kuri abo baturage kugira ngo babashe kumenya impamvu baba basabwa gutanga iyo misanzu itandukanye ariko na none badategewe ku byangombwa baba bashaka kandi babifitiye uburenganzira.

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED