Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Oct 24th, 2012
    Block8-Ubuvugizi-2 / Ubuvugizi | By gahiji

    Rwanda | Gakenke: Barakangurirwa kwigisha abaturage kugira ngo amatora y’abadepite azabe mu mucyo

    Abagize komite z’uburere mboneragihugu mu mirenge bitabiriye amahugurwa yateguwe na  Komisiyo y’Amatora

     Abagize komite z’uburere mboneragihugu mu murenge barasabwa kwigisha abaturage bo mu tugari no mu midugudu kugira ngo abaturage bazatore abadepite mu matora azaba mu mwaka utaha basobanukiwe neza. 

    Ibi Andre Bizimana, umuhuzabikorwa wa komisiyo y’amatora mu karere ka Gakenke yabigarutseho mu mahugurwa y’iminsi ibiri yabaye kuri uyu wa mbere tariki 22/10/2012.

    Afungura ayo mahugurwa, Bizimana asobanura ayo mahugurwa agamije gutegura amatora y’abadepite azaba mu mwaka wa 2013 kugira ngo azakorwe mu mucyo no mu bwisanzure.

    Yagize ati: “Komisiyo y’amatora yatekereje gutegura ibiganiro bitandukanye mu byiciro by’abantu batandukanye kugira ngo amatora y’inteko shingamategeko azashobora kuba mu mucyo n’ubwisanzure kandi abe abanyarwanda bose bayasobanukiwe, bazi icyo bagomba gukora koko.”

    Yakomeje avuga ko demokarasi isaba kwigisha no kuyubaka buhoro buhoro kugira ngo igezweho.

    Abahuguwe bahawe ikiganiro kijyanye n’amahame agenga amahugurwa y’abantu bakuze kizabafasha guhugura komite z’uburere mboneragihugu zo mu tugari no mu midugudu. Ibi biganiro ngo bizatuma abaturage basobanukirwa neza uruhare bafite mu matora kandi bizafashe no gutora abayobozi bazabagirira akamaro.

    Abitabiriwe amahugurwa bagaragaje impungenge z’uko abaturage rimwe na rimwe batora abayobozi badashoboye kubera kwizezwa ibitangaza no gukurikira abandi.

    Umuhuzabikorwa wa komisiyo y’amatora mu karere avuga ko ari bo bafite inshingano zo kwigisha abaturage bagatora abantu bashoboye kandi bazi icyo gukora.

    Amahugurwa nk’aya yabaye mu mwaka ushize ahabwa abayobozi b’ibigo, abarezi, abikorera na sosiyete sivili.

    Ayo mahugurwa yitabiriwe n’abagize komite mpuzabikorwa z’uburere mboneragihugu zo mu mirenge umunani y’akarere ka Gakenke.

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED