Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Nov 10th, 2012
    Block8-Ubuvugizi-2 / featured1 / Ubuvugizi | By gahiji

    Kamonyi: Abajyanama b’Akarere barasabwa ubukangurambaga kugirango imihigo igerweho

    Kamonyi Abajyanama b AkarereBamurikirwa aho imihigo y’umwaka wa 2012/2013 igeze ishyirwa mu bikorwa, abajyanama b’akarere ka Kamonyi basanze hari imihigo itihuta. Ku bw’iyo mpamvu buri mujyanama akaba ahamagarirwa gufasha ubuyobozi mu bukangurambaga ngo ibyo akarere kiyemeje bigerweho.

    Mu nama Njyanama y’akarere ka Kamonyi yabaye kuri uyu wa kane tariki 8/11/2012, hasuzumwe aho imihigo igeze ishyirwa mu bikorwa, maze basanga hari imihigo itihuta bitewe n’impamvu zitandukanye.

    Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu imari n’iterambere, yatangaje ko bahuye n’imbogamizi z’imvura yatinze kugwa, bityo imihigo y’ubuhinzi ikaba ikiri ku gipimo cyo hasi. Bahuye kandi n’ikibazo cy’ingengo y’imari yatinze kubageraho, bituma imwe mu mihigo itaratangira gushyirwa mu bikorwa.

    Hagaragaye kandi n’ikibazo cy’urutonde rw’ibyiciro by’ubudehe abaturage babarirwamo, cyatumye abagomba kurihirwa amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza na leta batinda kumenyekana. Umuyobozi w’akarere wungirije yavuze ko kuri ubu icyo kibazo cyacyemutse ku buryo amafaranga ya bo yageze kuri konti.

    Ukuyemo abo bazarihirwa n’abafite ubundi bwishingizi, abamaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza bamaze kugera kuri 40% gusa, Uwineza akaba avuga ko hasigaye hafi 20% batarishyura mu gihe mu mihigo bemeye ko ubwisungane mu kwivuza buzitabirwa 100%.

    Visi Perezida wa Njyanama, Bizimana Gonzague, yasabye abajyanama gufashanya n’abayobozi gukangurira abaturage kwitabira ibikorwa byashyizwe mu mihigo, kuko bigaragara ko muri rusange ishyirwamubikorwa ry’imihigo 59 iteganyijwe, igeze byibura kuri 40% mu gihe uku ari ukwezi kwa 5 itangiye.

    Abajyanama bemeje kumanuka mu mirenge bagasobanurira abaturage ibijyanye n’igikorwa cyo gushyiraho Irerero ry’inshuke (Early Child Development) kuko mu marerero 53 bahize nta na rimwe riratangira gukora.

    Aka karere kandi kahize kubaka ibiro 8 by’utugari, akagari 1 kakaba karimo gusakarwa, dutatu turi mu ntangiro, naho tune turacyari mu isiza. Aha na ho abajyanama basabwe gukaza ubukangurambaga kuko abaturage ari bo bagomba gufasha mu kwesa uwo muhigo.

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED