Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jan 10th, 2013
    Ubuvugizi | By gahiji

    Abatanga serivise mbi babiterwa na kamere n’agasuzuguro

    Abatanga serivise mbi babiterwa na kamere n’agasuzuguro

    Narumanzi Leonille umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage mu karere ka Bugesera

    Gutanga serivisi mbi hari ubwo biterwa na kamere y’agasuzuguro ituruka mu burere buke uyitanga aba afite. Hari kandi kuticisha bugufi, kutemera amakosa, kutava ku izima, ubumenyi buke, gushaka ruswa n’ibindi.

    Bamwe mu batanga serivise mbi bashaka ruswa bagaragariza ubagana ko bamufitiye impuhwe, ariko ko serivisi asaba iruhanyije, isaba ubwitange budasanzwe nk’uko byemezwa na Rusagara Theogene umukozi mu kabari kazwi nka Black and Wight.

    Agize ati “ hari abatanga serivise mbi bakoresha imvugo irimo agasuzuguro, bagaragariza uje kubasaba serivisi ko arimo kubatesha igihe”.

    Rusagara avuga ko ibyo bituma hari abemera gutanga ruswa kugira ngo batagira ibindi bihombo baterwa no kutabona iyo serivisi bifuzaga. Hari n’abagira ubutwari bakemera guhanganga kugeza ikibazo cyabo gikemutse ; bakemera kwihangana.

    Ati “ abo baba bagira neza kuko baba bafashije n’uza nyuma yabo kudahabwa serivisi mbi”.

    Ariko kandi na none, hari n’abajya gusaba serivisi bagambiriye gutanga ruswa kubera ko bazi neza ko serivisi basaba amategeko atayibemerera, cyangwa se bashaka kuyibona mu gihe kiri munsi y’igiteganyijwe.

    “ izindi mpamvu zitera gutanga serivisi mbi ni ukuba uyitanga adasobanukiwe neza inshingano ze n’ibijyanye na zo, ahuzagurika mu kazi, ubumenyi buke n’ibindi. Ibyo bikosorwa n’amahugurwa aba agomba gutangwa buri gihe mbere yo kwinjizwa mu kazi”.

    Narumanzi Leonille umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage mu karere ka Bugesera avuga ko Leta ishyira imbaraga mu kwigisha abantu no kubashishikariza gutanga serivisi nziza icyo baba bakora cyose.

    Ati  “ na bo ubwabo bakwiye kumva ko ari ikibazo kibareba, kandi ko uko umuntu yifuza guhabwa serivisi nziza, ari ko na we akwiye guharanira kuyitanga”.

    Narumanzi avuga ko gutanga serivisi nziza bikwiye gutozwa abanyeshuri kuva mu mashuri abanza kugera mu makuru, bikagera aho bihinduka umuco, bikareka kuba isomo.

    Asanga kandi mu rugo ababyeyi bakwiye kubera urugero rwiza abana babo mu kwakira neza abaje bose babagana mu ngo zabo, bakabigarukaho mu biganiro bagira n’abana babo.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED