Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Nov 25th, 2011
    Ubuvugizi | By Andrew

    Umunyamerika Carl Wilkens akomeje gusobanura amateka ya Jenoside yo mu Rwanda iwabo

    Umunyamerika rukumbi wabaye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside, Carl Wilkens, aratangaza ko n’ubwo Jenoside isobanura ubwicanyi no gutsemba, ariko mu Rwanda isobanura na none imbaraga zo kubabarirana nyuma y’ubwicanyi ndengakamere.

    Akoresheje igitabo yanditse kitwa “I’m Not Leaving” (Singenda), Wilkens yatanze ikiganiro muri kaminuza Arizona State University (ASU) ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu asobanura ibijyanye n’ubwicanyi bukomeza kubera mu bindi bice by’Afurika muri iki gihe.

    Mu gihe cya Jenoside, Wilkens yabaga i Kigali aho yari umupasiteri mu itorero ry’Abadivantisite. Ubwo indege yari itwaye Perezida Juvenal Habyarimana yagwaga, abanyamerika bagatanigra gutwara benewabo, we yahisemo gusigara mu Rwanda kugira ngo ahishe Abatutsi babaga iwe.

    Yabwiye abari aho ati: “Abenshi muri twe tugenda ntitwari tuzi ko ibigiye gukurikiramo byari kugeza aho byageze. Twari tuzi ko byari bikomeye ariko ntawiyumvishaga icyigero cy’ubwo bwicanyi.”

    Avuga ko yabanje kuguma mu nzu ye mu gihe cy’ibyumweru bitatu kubera umukwabu, ariko nyuma akaza gutangira kwemererwa gufasha impfubyi mu mujyi hose. Ati: “Ako niko kabaye akazi kanjye kugeza Jenoside irangiye, gushakisha ibyo kurya kwirirwa nshwana n’abicanyi n’abajura ho bari barashinze  za bariyeri muri Kigali hose, kugira ngo mbashe uko nagemurira izo mpfubyi.”

    Wilkens yabwiye abari muri icyo kiganiro ko yibuka ubwo yari yagiye gusura abana bagera kuri 400 bari barazanywe mu kigo cy’impfubyi cya Gisimba kubera ubwicanyi bwakorewe ababyeyi babo, akaza kwisanga yazengurutse n’interahamwe 50.

    Icyo gihe haburaga amasaha agera kuri atatu kugira ngo izo mpfubyi zicwe, ariko akaza gufashwa na Minisitiri w’intebe wari uriho muri icyo gihe nyuma yo kumusaba ubufasha, n’ubwo benshi muri abo bana bakomeje kwicwa no kubura ibyo kurya n’imiti.

    Emmanuel Hitimana

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED