Subscribe by rss
    Friday 15 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Mar 29th, 2012
    Ubuvugizi | By gahiji

    Nyagatare : Kumenya itegeko rigenga umurimo bizagabanya amakimbirane ashingiye ku masezerano

    Rwanda NyagatareDist

    Kuri uyu wa 27 Werurwe 2012, abakozi ba Minisiteri ifite umurimo mu nshingano zayo baganirije abakozi n’abakoresha mu karere ka Nyagatare ku itegeko ry’umurimo bagamije kugabanya ibibazo by’ubwumvikane buke bikomoka ku masezerana hagati y’umukozi n’umukoresha.

    Izi ntumwa za Minisiteri y’Umurimo zivuga ko ziteze ko nyuma y’ibi biganiro impaka zajyaga ziba hagati y’abakozi n’abakoresha zizagabanuka. Ruzindana Paul, Umunyamategeko muri Minisiteri y’Umurimo, yagize ati « impaka hagati y’impande zombi zituruka ku kudasobanukirwa n’inshingano za buri ruhanda. » Akomeza avuga ko ari na yo mpamvu usanga hari ibibazo bizamurwa ku rwego rw’akarere kandi byakagombye gukemukira mu kigo biturukamo.

    Muri ibyo biganiro, abakozi n’abakoresha bahawe uruga runini maze basobanuza ibyo batumva mu itegeko ry’umurimo. Cyakora mu ngingo bibanzeho bakunze ku kugaruka ku zigenga ibiruko, kohereza umukozi mu butumwa bw’akazi, imiterere y’amasezerano y’akazi n’ uko umukozi azamurwa mu ntera kuko ngo ari zo usanga akenshi ziba intago y’ubwumvikane buke hagati y’abakozi n’abakoresha babo.

    Nkundimana Hobess, umugenzuzi w’umurimo mu Karere ka Nyagatare, akaba  avuga ko ibi biganiro bizagabanya umubare munini w’ibibazo yajyaga yakira cyane cyane iby’impaka zishingiye ku masezerano y’umurimo hagati y’abakozi n’abakoresha, kuko ngo bahawe ubushobozi bwo kubicyemurira mu bigo byabo batabigejeje mu nzego zo hejuru kugeza no mu nkiko.

    Ku bwa Ruzindana Paul, Umunyamategeko muri Minisiteri y’Umurimo, ngo gukumira no gukemurira ibibazo bugufi hagati y’abakozi n’abakoresha bizongera umusaruro kuko ngo hari aho wasangaga umukozi amara hafi ukwezi kose ajya kwisobanura muri minisiteri kubera ikirego cyatanzwe n’umukoresha we.

    Ruzindana yanagiriye abakozi inama yo kujya bashyira umukono ku masezerano babanje gusoma neza kandi bakita ku nshingano zabo kuko ari byo bibaha umutekano bikanabarengera mu gihe umukoresha yaba ashatse kumuha akazi katari mu masezerano. Cyakora, yanibukije ko amasezerano adakuraho ubwumvikane hagati y’umukozi n’umukoresha kuko umukoresha ashobora kongerera umukozi inshingano zimufasha kunoza umurimo we.

    Musabyimana Charlotte umuyobozi wungirje w’akarere ka Nyagatare ushinzwe imibereho myiza yasabye abitabiriye ibi biganiro na MIFOTRA kujya baganira ku kunoza imitangire ya service mu bigo byabo. Yongeyeho ko buri wese yaharanira gutanga umusaruro ku murimo ashinzwe ntihabeho gukorera ku jisho bose bagamije umusaruro wo ku mpande zombi.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED