Subscribe by rss
    Friday 15 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Apr 25th, 2012
    Ubuvugizi | By gahiji

    Gisagara: Ingaruka za jenoside zireba buri munyarwanda


    Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara burahamagarira abaturage bose gushyira hamwe bagahangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994 kuko ibibazo by’abanyarwanda bigomba kuba ibya bose bigakemurwa nabo barihamwe.

    Rwanda Gisagara Ingaruka za jenoside

    Muri iki gihe umuryango nyarwanda wibuka abawo bazize Jenoside yo muri mata1994, akarere ka Gisagara kongeye guhamagarira abaturage bose gushyirahamwe bagafatanya gushaka umuti w’ibibazo byagiye bivuka kubera aya mahano yabaye muri iki gihugu.

    Mu biganiro n’ubutumwa byatanzwe n’ubu bikaba bigitangwa, abayobozi b’aka karere icyo bashishikariza abaturage n’ukumenya ibibazo by’imfubyi n’abapfakazi basizwe iheruheru n’iyi Jenoside ntawikuyemo kuko imfubyi n’abapfakazi b’abanyarwanda ni ab’igihugu cyose ntibagomba kuba aba Leta gusa cyangwa undi muntu ku giti cye.

    Bwana Emmanuel UWIRINGIYIMANA uhagarariye ibuka mu karere ka Gisagara, mu muhango wo kwibuka wabaye ejo mu murenge wa Kibirizi yongeye guhamagarira abaturage kudategereza ko Leta ariyo imenya ibibazo by’abarokotse ku musozi runaka kandi hari abahatuye bashobora kubafasha, yongera kandi guhamagarira abantu bose ko bakwitabira gutanga umusanzu wabo mu kubaka inzibutso batagiye bategereza icyo imirenge izafasha.

    Ari ubuyobozi, ari n’indi miryango igerageza gufasha abarokotse Jenoside, bakunze bose guhuriza ku kibazo kimwe cy’uko bakeneye n’andi maboko yo kubafasha kuko ibibazo ari byinshi kandi ko batabyishoboza, ibyo byose rero bikaba aribyo bitera abayobozi gusaba abaturage ko bafasha bagenzi babo kongera kwiyubaka.

    Daphrose MUKARUTAMU uhagarariye ishyirahamwe Duhozanye ryita ku mfubyi n’abapfakazi ba Jenoside muri aka karere aratangaza ko bibabaje kubona abana birera batagira n’umubyeyi ufata umwanya wo kujya kubaganiriza kugirango bareke kwiheba kandi hafi y’aho atuye hari ingo zirimo abantu.

    “Aba bana ni abacu twese, buri mubyeyi yagakwiye kumenya ko aba bana bakenera ubaba hafi kandi ko nta kiguzi bisaba” Ibi byavuzwe na MUKANKUSI Filomene umubyeyi utuye mu murenge wa Gikonko ubwo yasobanuraga ko bidakwiye ko abana b’imfubyi bigunga kangi umusozi wuzuye ababyeyi.

    Umuyobozi w’akarere ka Gisagara Bwana Leandre KAREKEZI nawe ubutumwa yagiye atanga muri iki gihe cyo kwibuka, yasabye abaturage bose ko bakwegera aba barokotse kandi bakabafata mu mugongo babikuye ku mutima muri iki gihe kivuna imitima yabo. Yashimye kandi abagiye batanga inkunga zinyuranye zirimo amafaranga bagiye bakusanya ngo azafashe mu bikorwa binyuranye bigenewe abarokotse.

     


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED