Subscribe by rss
    Thursday 21 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Apr 28th, 2012
    Ubuvugizi | By gahiji

    “Byaba bibabaje hari umuturage wa Kinihira ubura akazi kandi Sorwathe ikeneye abakozi” Minisitiri Venantie

    m_Rwanda 112

    Minisitiri muri perezidansi Venantie Tugireyezu yasabe abatuye umurenge wa Kinihira mu karere ka Rulindo badafite imirimo kugana uruganda rutunganya umusaruro w’icyayi Sorwathe, kubera ko muri iki gihe uru ruganda rufite ikibazo cy’abakozi.

    Ibi minisitiri Tugireyezu yabivuze tariki 27/04/2012, ubwo yasuraga umurenge wa Kinihira ngo arebe aho bageze biteza imbere, bityo atange ubufasha mu bice bitandukanye by’iterambere ry’uyu murenge.

    Umuyobozi w’umurenge wa Kinihira Ildephonse Ndahayo yagaragaje ko uyu murenge ari umwe mu mirenge ihagaze neza muri Rulindo, gusa ngo haracyari ibisigisigi by’ imirire mibi ndetse n’ikigero cyo gutura mu midugudu kiracyari hasi.

    Minisitiri Tugireyezu yagaragarijwe n’abayobozi b’uruganda Sorwathe rutunganya umusaruro w’icyayi, ko kuri ubu bafite ikibazo cy’abakozi bacye, cyane cyane abasoromyi basigaye baragiye mu mirimo y’ubwubatsi iri kuboneka muri uyu murenge.

    Mu nama yagiranye n’abaturage bahagarariye abandi mu murenge wa Kinihira, minisitiri Tugireyezu yabibukije ko, ubu aribwo abanyarwanda bubaka u Rwanda rw’ejo hazaza, abakangurira gukora amasaha menshi ku munsi.

    Yagize ati: “ Byaba bibabaje hari umuturage wa Kinihira udafite akazi kandi Sorwathe ikeneye abakozi. Mu byuke kare kandi muryame mutinze kuko ubu aribwo twubaka u Rwanda twifuza ejo hazaza”.

    Minisitiri yanasabye abatuye uyu murenge ko bagomba guhagurukira ikibazo cy’imirire mibi kikaba cyarandutse bitarenze ukwezi kwa gatanu uyu mwaka, ndetse bakitabira gutura mu midugu.

    Minisitiri Tugireyezu kandi yasuye ibitaro bya Kinihira biri kubakwa, asura abo amateka yagaragaje ko basigaye inyuma batuye mu kagali ka Rebero muri Kinihira, koperative Assopthe y’abahinzi b’icyayi ndetse na koperative y’abakozi ba Sorwathe.

     

     


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED