Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, May 24th, 2012
    Ubuvugizi | By gahiji

    Nyagatare: Byageze ku gicamunsi cy’umunsi wa mbere imurikabikorwa ry’iminsi ibiri ry’abafatanyabikorwa (JAF) ritaratangira

    Rwanda Nyagatare Byageze ku

    Mu gihe hateganyijwe imurikabikorwa ry’iminsi ibiri kuri uyu wa 23 na 24 Gicurasi 2012, bigeze ku gicamunsi cy’umunsi wa mbere bakiri mu myiteguro kuko ubwo twahageraga mu ma saa tanu bari bakirimo gushinga amahema abandi barimo gutaka aho bari bukorere.

    Twashatse kumenya uko bihagaze tuzenguruka ahagomba gukorerwa iri murikabikorwa tuganira na bamwe mu bagomba kumurika ibikorwa byabo ukabona bose basa n’abatabona ibyabaye kuko bari barizejwe ko ku mugoroba wo ku wa 22 Gicurasi 2012, umunsi umwe mbere y’uko ritangira, imirimo yo kubaka yagombaga kurara irangiye bakarazamo ibyo bagomba kumurika. Umwe mu bakozi ba Sosiyete y’Ishoramari mu buhinzi bw’ibigori, NYAMIG, twaganiriye akaba yagiraga ati “Keretse bongereyeho umunsi rikazarangira ku wa 25 aho kuba ku wa 24. None se ko mbona uyu munsi ari wo wabaye uw’imyiteguro!”

    Naho umukozi wa MTN i Nyagatare na we yarafite impungenge z’iri murikabikorwa kuko ubwo yaganiraga n’abakozi ba NYAMIG yagiraga ati “Keretse niba ryabaye imurikabikorwa ry’umunsi umwe.” Mu gihe aba bagomba kumurika ibikorwa byabo bari bafite impungenge z’igihe baza gutangirira bamwe mu baturage cyane cyane abadakunda gukurikira radiyo ngo bumve amatangazo yamamaza na bo wabonaga risa n’iryabatunguye kuko ubwo twahazengurukaga harimo ababazaga ibigiye kuba bavuga ko batari bazi ko hateganyijwe imurikabikorwa.

    Nubwo iri murikabikorwa ryakererewe gutangira ariko birashoboka ko bitatunguye bamwe mubafatanyabikorwa kuko mu nama yo kuritegura yabaye mu cyumweru gishize, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Sabiti Fred Atuhe, yari yabasabye ko baryimura bakigiza inyumaho gato amatariki kuko yavugaga ko akarere katazabona uko kinjira mu itegurwa ry’iryo murikabikorwa kubera ko abakozi bako bari barimo gutegura imihigo dore ko kuri uyu wa 21 na 22 Gicurasi ari bwo Intara yaje gusuzuma imihigo muri aka Karere. Nyamara ariko abagize JAF bakaba baratsimbaraye bavuga ko itsinda rishinzwe kubitegura rizakora uko bishoboka bikagenda neza none umunsi wa mbere usa n’aho ugiye kurangira ritaratangira.

    Twababwira ko buri mufatanyabikorwa ugomba kuza kumurika ibikorwa bye muri iri murikabikorwa ry’iminsi ibiri yishyuye amafaranga ibihumbi ijana (100,000Rwf) kugira ngo yemererwe kurizamo.

      

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame says Global Challenges call for ‘UN Reform’

    Pope Francis Gift Symbolises ‘Dark to Success Journey’- Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED